Ibirori bya gutaha ku mugaragaro iyo nyubako, byabaye kuri uyu wa 3 Gicurasi 2026, byitabirwa n’abayobozi batandukanye muri Gabon n’ibindi bihugu by’inshuti.
Imbata y’iyi ngoro yakozwe na Avci Architects. Izakoreshwa mu bikorwa by’inama zo mu rwego rwo hejuru n’izihuza umugabane wa Afurika.
Iyi nyubako izajya yakira inama n’ibikorwa mpuzamahanga bitandukanye, kandi yitezweho kugira uruhare mu guteza imbere urwego rw’ubukerarugendo bushingiye ku nama muri Gabon.
Mu ruzinduko yagiriye i Libreville muri Gabon, Minisitiri w’Intebe Dr Nsengiyumva yahuye n’Abanyarwanda bahatuye.
Yabashimiye ubumwe bwabo n’uburyo bakomeje guhagararira neza u Rwanda mu mahanga, anabashishikariza gukomeza gutanga umusanzu mu iterambere ry’igihugu cyabakiriye ndetse n’u Rwanda.
U Rwanda na Gabon bisanzwe bifitanye imikoranire n’ubuhahirane binyuze mu bwikorezi bwo mu kirere, ndetse Sosiyete Nyarwanda ya RwandAir ikorera ingendo i Libreville mu Murwa Mukuru wa Gabon.
Ibihugu byombi byasinyanye amasezerano y’imikoranire mu 1976, aza kuvugururwa mu 2010.












