Warning: file_put_contents(local/cache-vignettes/L690xH460/umuyobozi_mukuru_w_urwego_rw_igihugu_rushinzwe_umutekano_w_ikoranabuhanga_mu_itangazabumenyi_n_itumanaho_kanamugire_david_yagaragaje_ko_hari_uburyo_bwinshi_bwo_gukumira_ibi_bitero_ikigoye_ari_ukumenya_ubwizewe__-afed5.jpg.src.1662892506aa93ab8462bb3.03406230): Failed to open stream: File name too long in /home/lex94/public_html/ecrire/inc/flock.php on line 242
MTN Rwanda yamuritse uburyo bushya bwo gukumira ibitero by’ikoranabuhanga - IGIHE.com
00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

MTN Rwanda yamuritse uburyo bushya bwo gukumira ibitero by’ikoranabuhanga

Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda yamuritse uburyo bushya bwiswe ‘MTN Anti-DDoS Solution’ buzajya bufasha ibigo n’inzego guhangana no gukumira ibitero by’ikoranabuhanga bikunze kubyibasira.

Igikorwa cyo kumurika ubu buryo bushya bw’ikoranabuhanga cyitabiriwe n’abakozi ba MTN, abahagarariye ibigo by’imari ndetse n’ubuyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Umutekano w’Ibijyanye n’Ikoranabuhanga mu Itangazabumenyi n’Itumanaho [NCSA].

Ubu buryo bugamije guhangana n’ibitero by’ikoranabuhanga bikomeje kwiyongera kubera ko ibigo byinshi bikomeje kuva mu buryo bwa gakondo byimakaza ikoranabuhanga mu gutanga serivisi.

MTN Anti-DDoS izajya yifashishwa mu kugenzura no kurinda ibitero by’ikoranabuhanga bikunze kwibasira ibigo by’ubucuruzi, iby’ubwishingizi, banki n’ibindi bitandukanye.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Ali Monzer, yagaragaje ko iki gikorwa bakoze kigamije kubaka icyizere mu bakiliya babo no gukomeza gahunda ya leta yo kwimakaza ikoranabuhanga.

Ati “Twayishyizeho mu rwego rwo kubungabunga no gushyigikira iterambere ry’u Rwanda mu rwego rw’ikoranabuhanga. Twiyemeje ko urwego rw’imari rukomeza gukora neza nta bibazo by’ikoranabuhanga byangiza sisitemu z’imikorere zabyo.”

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Umutekano w’Ikoranabuhanga mu Itangazabumenyi n’Itumanaho, Kanamugire David, yagaragaje ko hari uburyo bwinshi bwo gukumira ibi bitero, ikigoye ari ukumenya ubwizewe.

Ati “Nyuma y’uko mutangiye kubona abakiliya benshi ndetse no kugira amafaranga menshi ubona ko ubucuruzi buri kugenda neza ikintu cya mbere uba ukwiriye gukora ni ukurinda sisitemu z’ikoranabuhanga z’ikigo cyanyu kugira ngo abakiliya bakomeze babizere.”

Yakomeje avuga ko Leta y’u Rwanda iri gushyira imbaraga mu kuzamura urwego rw’ubucuruzi rukoresha ikorabuhanga mu kwihutisha itangwa rya serivisi no kugira umutekano.

Abakozi ba MTN Rwanda bari bitabiriye iki gikorwa cyo kumurika ubu buryo bushya bwifashishwa mu guhangana n'ibitero by'ikoranabuhanga
Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Umutekano w’Ikoranabuhanga mu Itangazabumenyi n’Itumanaho, Kanamugire David
Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr. Diane Karusisi yashimiye MTN Rwanda yakoze ubu buryo bugiye kubafasha guhangana n'ibibazo by'ibitero by'ikoranabuhanga
Umuyobozi Mukuru wa Ecobank Rwanda, Umutoni Carine, yitabiriye iki gikorwa
Umuyobozi w’Ishami ry’Ubucuruzi muri MTN Rwanda, Ndoli Didas, yavuze ko ubu buryo bushya bugiye kuzajya bufasha ibigo bitandukanye by'ubucuruzi guhangana n'ibitero by'ikoranabuhanga
Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Ali Monzer, yagaragaje ko iki gikorwa bakoze kigamije kubaka icyizere mu bakiliya babo no gukomeza gahunda ya leta yo kwimakaza ikoranabuhanga
MTN Rwanda yamuritse uburyo buzajya bufasha ibigo n’inzego guhangana no gukumira ibitero by’ikoranabuhanga bikunze kubyibasira

Special pages