00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yasobanuye ibyafasha ibihugu biri mu nzira y’amajyambere gutera imbere

Perezida Kagame uri i Riyadh muri Arabie Saoudite, yagiranye ikiganiro n’abandi bakuru b’ibihugu, cyagarutse ku kiguzi nyacyo cy’umutekano w’ubukungu, ashimangira ko hakenewe imikorere ishobora gufungura inzira y’iterambere rirambye kandi rigera kuri bose ku bihugu biri mu nzira y’amajyambere.

Iki kiganiro Perezida Kagame yahuriyemo na bagenzi be barimo Perezida wa Guyana, uwa Colombia, uwa Bulgaria n’uwa Albania, gifite umutwe ugira uti “Ni izihe nyungu n’ingaruka nyakuri z’umutekano w’ubukungu?”.

Umukuru w’Igihugu yashimangiye akamaro ko gusubiza ku murongo imikorere y’ubucuruzi mpuzamahanga, agaragaza ko hakenewe uburyo burimo ubufatanye n’ubwisanzure bushobora gufungura inzira y’iterambere rirambye kandi ritarobanura ku bihugu biri mu nzira y’amajyambere.

Iyi Nama Mpuzamahanga yiga ku Ishoramari (FII), Perezida Kagame yitabiriye i Riyadh muri Saoudite, ihuriza hamwe abayabozi batandukanye ku Isi, barimo abashoramari bakomeye, abahanga mu guhanga udushya, abayobozi bakuru b’ibigo n’abafata ibyemezo mu nzego za leta. Izamara iminsi itatu.

Izatanga urubuga rwo kuganira no kungurana ibitekerezo hagamijwe gushyiraho uburyo bwo gutanga ibisubizo ku hazaza h’ishoramari n’imiyoborere. Ifite insanganyamatsiko igira iti “Guharura inzira nshya y’Ubukungu n’Iterambere: Urufunguzo rw’Intsinzi.”

Ikigo FII (FII Institute) cyatangijwe mu 2017 nk’inama ngarukamwaka ihuriza hamwe abafatanyabikorwa bafite inyota yo gushora imari mu bisubizo birambye by’ibibazo byugarije Isi. Ikigo FII cyahisemo ibyiciro bine by’ingenzi aho ubusumbane bugaragara cyane, kugira ngo hareberwe hamwe ibisubizo bihuriweho; mu bijyanye na AI & Robotics, uburezi, ubuvuzi n’iterambere rirambye.

Perezida Kagame yagiranye ikiganiro n'abandi bakuru b'ibihugu muri King Abdulaziz International Conference Center
Umukuru w'Igihugu yashimangiye ko hakenewe ubufatanye bushobora gufungura inzira y’iterambere rirambye kandi riringaniye ku bihugu biri mu nzira y’amajyambere
Iki kiganiro Perezida Kagame yahuriyemo na bagenzi be barimo Perezida wa Guyana, uwa Colombia, uwa Bulgaria n’uwa Albania
Iki kiganiro cyarimo Senateri Matteo Renzi wo mu Butaliyani na Perezida wa Guyana, Mohamed Irfaan Ali

Special pages