00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bugesera: Hubatswe urugo rurererwamo abana barenga 100 barimo n’abafite ubumuga

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 19 October 2025 saa 02:24
Yasuwe :

Mu Karere ka Bugesera hafunguwe urugo mbonezamikurire y’abana bato (ECD), rurererwamo abana 100 barimo n’abafite ubumuga, rwitezweho guteza imbere imibereho yabo, rubafasha gutangira ubuzima bafite umusingi ukomeye w’uburere, ubumenyi n’imirire iboneye.

Ni urugo rwafunguwe mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Nyarugenge, ku wa 17 Ukwakira 2025, bigizwemo uruhare n’Umuryango Shelter Them ufatanyije na BK Foundation.

Rufite ibyumba bitanu byigishirizwamo abana, akarima k’igikoni kavamo imboga zongerera abana imbaraga n’imirire iboneye n’igikoni kigezweho gikoreshwa mu kubategurira amafunguro arangwa n’isuku.

Harimo kandi ibikorwaremezo bifasha mu myigire n’imyidagaduro y’abana, birimo aho bakinira n’imfashanyigisho zibafasha gukangura ubwonko bwabo.

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage, Imanishimwe Yvette, yavuze ko uru rugo mbonezamikurire ruzafasha muri gahunda yo kurwanya igwingira n’imirire mibi mu bana.

Ati “Uru rugo rugiye kudufasha mu kwita no kurengera abana, by’umwihariko mu kurwanya igwingira n’imirire mibi.”

Akarere ka Bugesera kamaze kugabanya igwingira ku bana kagera ku 26%, mu gihe u Rwanda rwihaye intego yo kugera ku 15% ku rwego rw’igihugu mu 2029.

Mu Karere ka Bugesera habarirwa Ingo Mbonezamikurire y’Abana Bato 1.659, zirimo eshanu z’icyitegererezo zirererwamo abana 56.472.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa BK Foundation, Ingrid Karangwayire, avuga ko bishimira ko igikorwa bakoze kizagira ingaruka ku baturage benshi kurenza abana.

Ati “Ibyo dukora bihindura imibereho y’umwana, uburezi bwe bukaba buhamye, ibibazo bikagabanuka, kandi bikadutera ishema. Uyu mwaka twabashije kongera umubare w’abana turihira ishuri, aba na bo bazakomeza gukurikiranwa na BK Foundation.”

BK Foundation n’abandi bafatanyabikorwa bamaze kugera ku bana 1000 bishyurira amashuri.

Nyirahabimana Consolée avuga ko kubakirwa urugo mbonezamikurire byatanze akazi, kandi imbogamizi zo kuba abana batararugira zatumaga bakura nabi nk’abadafite uburere.

Ati “Byatumaga abana baba inzererezi ariko kuva aho iki kigo kiziye, byarahindutse ndetse twizeye ko bizakomeza guhinduka.”

Bukuru Josephine Murphy uri mu bashinze Umuryango Shelter Them, yavuze ko bifuza ko abana bazajya bagana ECD bagahabwa uburezi n’uburere kandi bakahavana ubumenyi bufite ireme.

Ati “Dushaka ko abana bazajya baza muri iyi ECD bagakura mu gihagararo no mu bwenge. Bazajya bahabwa ubumenyi butandukanye burimo kwiga n’indimi nk’Igifaransa.”

“Turashaka gutangira kubatoza siporo zitandukanye zirimo basketball, umupira w’amaguru, tunabafashe gukuza impano zabo zirimo kubyina. kuririmba n’ibindi.”

Umuryango Shelter Them washinzwe n’abakobwa b’impanga b’Abanyarwandakazi baba muri Canada mu 2005. Abo ni Bukuru Josephine Murphy na Butoyi Joselyne Alexandre.

Ibikorwa bya BK Foundation n’ubusobanuro bwayo wabusanga kuri hano.

Bugesera hafunguwe ECD izafasha abana mu mikurire yabo no gukangura ubwonko
Ni ECD kuri ubu ifite abana barenga 100
Abana bo muri iyi ECD ntabwo bafashwa kubona ubumenyi bwo mu ishuri gusa kubera ko banagishwa gukomeza impano zabo
Abafatanyabikorwa ba Shelter Them baturutse muri Canada bari bitabiriye iki gikorwa
Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe imibereho myiza y'Abaturage, Imanishimwe Yvette, yavuze ko uru rugo mbonezamikurire rugiye gutanga umusaruro mu kurwanya imirire mibi
Bukuru Josephine hamwe na Butoyi Joselyne batanze ubuhamya bw'uburyo bashinze iki kigo cya Shelter Them gisanzwe gifasha abana
BK Foundation yashimiwe uruhare ikomeje kugira mu guteza imbere uburezi no gufasha abana kurwanya imirire mibi
Umuyobozi Mukuru w'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA), Assumpta Ingabire, avuga ko bazakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo bagere kuri buri mwana
Umunyabanga Nshingwabikorwa wa BK Foundation, Karangwayire Ingrid, yasabye ababyeyi gukomeza kwita kuri uru rugo mbonezamikurire
Ababyeyi bari babukereye baje kwihera ijisho umuhango wo gufungura iyi ECD

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages