Mu masomo bahawe harimo ay’ubwirinzi, kurwanya iterabwoba n’ibindi byaha, ubumenyi ku mategeko, ubumenyi ku ntwaro n’ibiturika, gukumira no kurwanya inkongi, akarasisi n’inshingano, ubumenyi ku gusaka, no gutanga serivisi inoze.
Bahuguwe kandi ku gukora raporo ku byabaye birimo n’ibyaha, gukunda igihugu n’imyitwarire ndetse n’indangagaciro, gutanga ubuvuzi bw’ibanze, amategeko ngengamyitwarire ndetse no kwita ku isuku n’isukura.
Iki gikorwa cyo gusoza ayo mahugurwa cyabereye mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo kuri uyu wa 29 Mutarama 2026.
Umuyobozi Mukuru ushinzwe Amahugurwa mu Ishami rya Polisi y’Igihugu rishinzwe Umutekano w’Ibikorwaremezo n’Ibigo Byigenga bicunga Umutekano, SSP Alphonse Sinzi yibukije abasoje amahugurwa ko bakwiriye kurangwa n’ikinyabupfura kuko bize ibijyanye no gucunga umutekano.
Ati “Mwize umutekano, ibintu mwize muri aya amezi atatu nta muturage usanzwe ubizi kuko ayo ni amasomo ahabwa abagiye gukora uwo mwuga wo kurinda abantu n’ibintu byabo.”
Yakomeje abifuriza kuzarangwa n’ikinyabupfura ndetse n’ubunyamwuga mu kazi bazakora nyuma yo gusoza aya mahugurwa.
Umuyobozi Mukuru wa Dicel Security Company, Manzi Cedric, yagaragaje ko bitari urugendo rworoshye mu guhugura aba basore n’inkumi gusa avuga ko bitwaye neza ndetse bakarangwa n’ikinyabupfura muri aya mahugurwa.
Ati “Iki gikorwa cyagenze neza nubwo urugendo rwabaye rurerure gusa ndashimira abantu bose bagizemo uruhare kugira ngo aya mahugurwa agende neza ubu tukaba turi aha twishimira uruhare rwiza Dicel Security igira mu gutanga umusanzu mu bijyanye no gucunga umutekano.”
“Ndashimira buri umwe wese wabigizemo uruhare kuva ku banyamigabane, ubuyobozi, polisi ndetse n’abandi benshi.”
Iradukunda Samuel uri mu basoje aya mahugurwa akaba yanahawe igihembo cy’uwitwaye neza kurusha bagenzi be, yavuze ko icyabimushoboje ari ukugira ikinyabupfura, agaragaza ko azabyaza umusaruro ubumenyi yahawe muri aya mahugurwa.
Ati “Icyamfashije cyane ni ukugira ikinyabupfura ndetse n’uburere ababyeyi bampaye kandi niteguye kuzabyaza umusaruro ubumenyi nahawe.”
Dicel Security Company ni ikigo cyashinzwe mu 2017 kikaba gicunga umutekano kikagira n’ibikoresho bijyanye no kuwucunga nka camera zishyirwa ahahurira abantu, utwuma dutanga impuruza, ibyuma bisaka n’ibindi bihabwa abakozi bacyo n’abandi babishaka ku ruhande.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!