Ibi bitaramo biri gutegurwa bigizwemo uruhare na ’Intore Entertainment’ na Banki ya Kigali yagihuje n’ibikorwa byayo byo kwizihiza imyaka 60 imaze itanga umusanzu mu rwego rw’imari mu Rwanda ‘BK60’.
Ku wa Kane, tariki ya 7 Gicurasi 2026, ni bwo icya mbere cyateguwe, kibera ahazwi nka Paddock Lounge, aho umuhanzi Diez Dola na Logan Joe basusurukije abitabiriye, hanyuma DJ Crush afasha mu kuvanga imiziki mu gihe Divine Uwa ugezweho mu babyinnyi b’i Kigali na we yahawe umwanya mu gushimisha abantu.
Ibi bikorwa by’imyidagaduro byiswe ‘Shallipopin’ Ahanad’, ababyitabira bahabwa ibinyobwa bya SKOL by’umwihariko SKOL Malt, ariko bakanatsindira ibihembo n’amatike yo kuzitabira igitaramo nyamukuru cyiswe ‘Africast Fest: A Shallipopi Xperience’.
Ibitaramo bikurikira harimo ikizabera Sud Kigali ku wa Gatandatu, tariki ya 9 Gicurasi, icya Great Hotel Kigali ku itariki ya 10 Gicurasi n’icya Lemon Kigali kizaba ku itariki ya 23 Gicurasi.
Ibi byose abazabyitabira bazasusurutswa na Juno Kizigenza, Logan Joe, Kenny K-Shot, Shemi, Diez Dola n’abandi benshi, kongeraho n’abavanga imiziki.
Igitaramo nyir’izina kizabera muri Camp Kigali tariki ya 29 Gicurasi 2026, ndetse ab’inkwakuzi batangiye kugura amatike banyuze kuri groovekigali.sinc.events.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!