Ibi ni ibyavugiwe mu nama yiga ku buryo urubyiruko rw’abakobwa bo mu bice by’icyaro bafashwa kugera kuri serivisi z’imari.
Ni inama yateguwe na Mastercard Foundation ifatanyije n’abafatanyabikorwa bayo yiswe ‘Young Africa Works’, yitabirwa n’ibigo by’imari, abayobozi mu nzego zitandukanye n’urubyiruko rufite imishinga itandukanye, barebera hamwe imbogamizi abakobwa bo mu cyaro bahura na zo mu rugendo rwabo rw’iterambere.
Umuyobozi Mukuru wa Mastercard Foundation mu Rwanda, Ivan Ntwari, yagaragaje ko muri 34% by’ubucuruzi buto n’ubuciriritse bugizwe n’abagore, naho 18% ari bo bashobora kubona inguzanyo muri banki.
Ntwari avuga ko ari ikibazo gikomeye ku bakobwa no ku bukungu bw’igihugu.
Ati “Kubona imari ni ingenzi ku bucuruzi, uruhererekane rw’ibicuruzwa, n’ubukungu. Ni gute urubyiruko rw’abakobwa ruri mu byaro rwabasha kubona iyi mari? Mu gihugu hose twagiye tubona ubucuruzi bwiza, udushya dutandukanye byakozwe n’abagore bahereye ku kwizigama gusa, harageze ngo tubongerere ubushobozi.”
Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yavuze ko imwe mu mbogamizi ya mbere urubyiruko rw’abakobwa ruhura na yo mu rugendo rw’iterambere ari ukutagira amakuru kuri gahunda zitandukanye zihari zagenewe urubyiruko.
Asobanura ko hashyirwaho gahunda nyinshi zo gufasha urubyiruko zirimo iyiswe ‘Aguka’ izajya yishingira urubyiruko kugeza kuri 90% by’ingwate, gufasha urwibumbiye mu makoperative rufite ubutaka kubakirwa ‘greenhouse’, gutunganya imihanda n’imiyoboro y’amazi mu byaro n’ibindi.
Ati “Gutanganya imihanda twari dufite ibigo 152 gusa, ariko kubera ibyo urubyiruko rwagezeho twongereyeho ibindi bigo birenga 100. Ibyo birimo abanyeshuri bize kaminuza, TVET n’ahandi, bagaha akazi urundi rubyiruko gusa.”
“Urwo rubyiruko na rwo iyo turugezeho turusaba gukora amatsinda yo kwizigamira kugira ngo na rwo rube rwabyara ibindi bigo ku ruhande.”
Umuyobozi ushinzwe Inozabubanyi muri Mastercard Foundation, Sconaid McGeachin, yavuze ko hakenewe guhuzwa imbaraga kugira ngo iki kibazo cyo kutabona imari ku bakobwa bo mu cyaro gikemuke
Ati “Nk’umugabane tugomba gukorera hamwe n’abaturage, abayobozi, abafatanyabikorwa, n’abandi bose kugira ngo dukureho imbogamizi zose zibuza aba bagore kugera ku iterambere.”
Rwiyemezamirimo wo mu karere ka Rulindo ukora ibijyanye n’ubudozi, Grace Ishimwe, yavuze ko kimwe mu bintu bibagonga harimo imyumvire ikiri hasi yo kumva ko umugore ntacyo yakwigezaho wenyine.
Ati “Haracyari ikintu cyo kudusuzugura bumva ko umugore ntacyo ashoboye, bumva ko n’ubundi tuzahita dushaka abagabo ubucuruzi tukabuvamo. Nyamara hari abagore benshi bashoboye ariko badahabwa amahirwe.”
Guverineri wungirije wa Banki Nkuru y’Igihugu, Nick Barigye, yavuze ko urubyiruko rukwiye gushyira imbaraga muri gahunda zo kwizigamira no kwibumbira muri koperative kugira ngo rworoherezwe kubona imari.
Ati “Urubyiruko rw’abakobwa ruri mu cyaro ruhawe imari rwazamura umusaruro mbumbe w’igihugu mu buryo bugaragara, ariko rukeneye gukorera hamwe kuko ibyo bigo by’imari na byo bikeneye kwizezwa ko ibyo bigiye kubaha bizagaruzwa.”
Mastercard Foundation ifite gahunda yo gufasha urubyiruko ibihumbi 300 rwo mu Rwanda kubona imirimo bitarenze 2030, ndetse 75% by’urwo rubyiruko rukazaba ari abakobwa.
Ubushakashatsi bwa FinScope 2024 bwagaragaje ko Abanyarwanda bagera kuri 96% bagerwaho na serivisi z’imari, bavuye kuri 93% mu mwaka wa 2020.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!