Kuri ubu, Real Madrid ni yo kipe iyoboye urutonde rwa Shampiyona ya La Liga muri Espagne n’amanota 60, mu mikino 26 imaze gukina.
Kuri uyu wa Gatandatu saa Yine z’ijoro, iyi kipe ifite umukino yakiramo Real Sociedad iri ku mwanya wa gatandatu aho iyirusha amanota 16.
Umutoza wa Real Madrid, Carlos Ancelotti, ategerejweho gutwarana na yo Igikombe cya La Liga atigeze yegukana ubwo yayitozaga bwa mbere hagati ya 2013 na 2015.
Aramutse acyegukanye, Ancelotti azaba akoze amateka yo kuba umutoza wa mbere wegukanye igikombe cya shampiyona muri eshanu zikomeye i Burayi kuko yagitwaye mu Budage na Bayern Munich (2017), mu Butaliyani na Milan AC (2004), mu Bwongereza na Chelsea (2010) no mu Bufaransa na PSG (2013).
Nta wundi mutoza urakora ayo mateka kuko José Mourinho yatwaye shampiyona eshatu zo mu bihugu bitatu bikomeye: Mu Bwongereza (Chelsea), mu Butaliyani (Inter Milan) no muri Espagne (Real Madrid), ziyongera ku yo muri Portugal ubwo yatozaga FC Porto.
Nubwo uyu mukino Real Madrid ifite kuri uyu wa Gatandatu, benshi bawubona nk’uworoshye, ku rundi ruhande na Real Sociedad igomba gushaka amanota atatu azatuma iguma mu mubare w’amakipe azahagararira Espagne mu marushanwa ya Champions Leagues cyangwa Europa League, dore ko amakipe ari imbere ayirusha amanota abiri ku rutonde rw’agateganyo.
Rutahizamu wa Real Madrid, Karim Benzema, yitezweho gukomeza gushaka ibitego kugira ngo arenze 19 afite.
Undi mukino utegerejwe na benshi ni uwo muri Shampiyona y’u Budage, Bundesliga, uhuza Bayern Munich na Bayern Leverkusen kuri uyu wa Gatandatu saa Kumi.
Bayern Munich ni iya mbere n’amanota 58 mu mikino 24 mu gihe Leverkusen iri ku mwanya wa gatatu irushwa amanota 14.
Bayern Leverkusen na yo yigeze kugira izina dore ko mu 2002 yakinnye umukino wa nyuma wa Champions League, itsindwa na Real Madrid ibitego 2-1.
Kureba iyi mikino yombi n’indi iteganyijwe muri La Liga na Bundesliga, biragusaba kuba ufite dekoderi ya StarTimes n’ifatabuguzi rya Smart cyangwa Classic bouquet ukareba shene ya Sports Premium CH 253 na CH 246 kuri Dish cyangwa World Football CH 254 na CH 245 kuri Dish. Ushobora kandi gutunga ‘application’ ya StarTimes ON muri telefoni yawe, ubundi ukareba iyi mikino yose.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!