00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bruxelles: Bamwe mu bafana ba Maroc batawe muri yombi bashinjwa guhangana na Polisi

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 11 December 2022 saa 06:37
Yasuwe :

Bamwe mu bafana ba Maroc batuye mu Mujyi wa Bruxelles mu Bubiligi ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, tariki 10 Ukuboza 2022, bakozanyijeho na Polisi y’icyo gihugu ubwo yababuzaga kwishimira intsinzi y’ikipe yabo mu Gikombe cy’Isi.

Maroc yanditse amateka ubwo yatsindaga Portugal igitego 1-0, biyihesha amahirwe yo gukina kimwe cya kabiri cy’Igikombe cy’Isi. Ni yo kipe ya Afurika yabashije guca ako gahigo.

Byari ibyishimo hirya no hino ku Isi aho abafana ba Maroc baherereye ari nako byagenze i Bruxelles.

Ikinyamakuru La Libre Belgique cyatangaje ko Maroc ikimara gutsinda abafana bayo biroshye mu mihanda bishimira intsinzi, ari nako Polisi yacungiraga hafi ngo hatagira ibyo bangiza nk’uko byagenze ubwo Maroc yakinaga n’u Bubiligi tariki 27 Ugushyingo uyu mwaka.

Byose byagenze neza ariko hari itsinda rimwe ry’abafana ba Maroc ryakozanyijeho na Polisi yashakaga kuryitambika, abarigize batera polisi amabuye biba ngombwa ko bamwe muri bo batabwa muri yombi.

Polisi yatangaje ko nta cyangiritse cyangwa se ngo hagire ukomeretswa n’ayo mabuye.

Byari ibyishimo ku bafana ba Maroc i Bruxelles nyuma y'uko igihugu cyabo cyanditse amateka yo gusezerera Portugal, kikagera muri 1/2 cy'Igikombe cy'Isi
Abafana ba Maroc bazengurutse uduce dutandukanye twa Bruxelles bishimira intsinzi
Nubwo hari abatawe muri yombi, Polisi ivuga ko nta byangiritse

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages