Ni umukino wari ukomeye cyane kuko amakipe yombi yari yaratakaje uwa mbere bityo buri imwe yari ikeneye amanota atatu kugira ngo yizere gutegereza umunsi wa nyuma.
Koreya y’Epfo yatangiye isatira cyane kuko mu minota 15 yari imaze gutera koruneri zirindwi mu gihe guhererekanya umupira Koreya y’Epfo yari ifite 65% kuri 35% ya Ghana.
Ku munota wa 21, Jordan Ayew yazamukanye umupira neza ariko abakinnyi ba Koreya y’Epfo baramuzibira, bamwima inzira ariko bamukoreraho ikosa.
Uyu mukinnyi yahise atera coup franc neza, Mohammed Salisu afungura amazamu, atsinda igitego cya mbere cya Ghana ku munota wa 24.
Ghana yakomeje kwiharira umupira maze nyuma y’iminota icumi, Jordan Ayew yongera guhindura umupira imbere y’izamu awutereka ku mutwe wa Mohammed Kudus atsinda igitego cya kabiri ku munota wa 34.
Koreya y’Epfo yasatiriye cyane ishaka kwishyura ariko abasore b’inyuma ba Ghana babyitwaramo neza. Igice cya mbere cyarangiye Ghana itsinze Koreya y’Epfo ibitego 2-0.
Igice cya kabiri cyatangiranye gusatira kwa Koreya y’Epfo ariko umumyezamu Lawrence Ati-Zigi awukuramo.
Iyi kipe yakomeje gusatira bituma ku munota wa 58, Cho Gue-sung ayifasha gutsinda igitego cya mbere ku mupira yateresheje umutwe.
Bidatinze nyuma y’iminota itatu gusa Cho Gue-sung yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 61. Mu minota 15 gusa y’igice cya kabiri umukino wari umaze gusubira irudubi.
Umukino wari uryoshye ndetse byari bigoye ko wareba ku ruhande, ku munota wa 68 Mohammed Kudus yatsinze igitego cya gatatu cya Ghana kiba icya kabiri cye muri uyu mukino, ku mupira mwiza wahinduwe imbere y’izamu na Mensah.
Koreya y’Epfo ntiyacitse intege yakomeje gusatira ariko imipira bateraga umunyezamu Ati-Zigi yayikuragamo.
Ghana na yo yanyuzagamo igasatira ndetse hari aho Iñaki Williams yazamukanye umupira neza cyane ariko barawutakaza.
Iminota icumi y’inyongera yabaye iya Koreya y’Epfo yacumbitse mu izamu rya Ghana iyibuza amahwemo ari ko umunyezamu Ati-Zigi yakomeje gucungura igihugu cye.
Ghana yasumbirijwe cyane mu minota ya nyuma y’umukino yihagazeho iwusoza ifite ibitego 3-2 bya Koreya y’Epfo.
Imikino ya nyuma muri iri tsinda iteganyijwe ku wa Gatanu tariki 2 Ukuboza 2022, saa 17:00 aho
Ghana izacakirana na Uruguay mu gihe Koreya y’Epfo izaba yesurana na Portugal.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!