00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Neymar Jr yashyize mu rujijo abakunzi ba Brésil

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 10 December 2022 saa 04:41
Yasuwe :

Umunya-Brésil, Neymar Santos Jr, yatangaje ko atakwizeza abakunzi b’ikipe y’igihugu cye kuzakomeza kuyikinira nyuma yo gusezererwa mu gikombe cy’isi na Croatia, ni mu gihe umutoza we Tite yahise asezera ku mirimo ye.

Ikipe y’Igihugu ya Brésil yaraye isezerewe na Croatia kuri penaliti 4-2 mu mukino wa ¼ w’igikombe cy’isi, ibintu byatunguye isi kuko Brésil yari mu makipe ahabwa amahirwe yo kwegukana iki gikombe.

Nyuma y’umukino Neymar yatangaje ko akeneye gutekereza kabiri ku mwanzuro wo gukomeza gukinira iyi kipe.

Yagize ati “Ntabwo nakwizeza 100% ko nzagaruka. Nkeneye igihe cyo gutekereza ku cyaba cyiza kuri njye ndetse no ku ikipe y’Igihugu. Ndatekereza ibi aribyo bihe bibi kurusha iby’igikombe giheruka, biragoye kubona amagambo asobanura ibi bihe.”

Neymar w’imyaka 30 yatangiye gukinira ikipe y’Igihugu ya Brésil afite imyaka 18, mu mikino 124 yatsinze ibitego 77, ibintu bimugira umaze gutsindira ibitego byinshi iki gihugu agahigo asangiye na Pele.

Ku rundi ruhande umutoza wayo Tite yahise atangaza ko yeguye ku mirimo yo gukomeza gutoza iyi kipe.

Yagize ati “Ni ugutsindwa kubabaje cyane ariko ndagenda mu mahoro kuko ibi nabivuze umwaka n’igice ushize.”

Tite yatangiye gutoza iyi kipe mu 2016 atwara igikombe cya Copa America 2019. Muri rusange mu mikino 81 yatoje iyi kipe yatsinze 61.

Neymar aribaza ku hazaza he mu ikipe y'Igihugu
Umutoza Tite yahise asezera ku nshingano zo gutoza Brésil

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages