00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

#Qatar 2022: Menya imiterere y’itsinda riha amahirwe Espagne n’u Budage

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 18 November 2022 saa 09:33
Yasuwe :

Mu gihe habura iminsi ibiri ngo Igikombe cy’Isi gitangire, ibihugu byamaze gusesekara muri Qatar aho byiteguye gutangira guhatanira iri rushanwa rigiye gukinwa ku nshuro ya 22.

Muri iyi nkuru tugiye kugaruka ku byo wamenya ku makipe ari mu Itsinda rya Gatanu arimo Espagne, Costa Rica, u Budage n’u Buyapani.

Muri iri tsinda u Budage na Espagne ni yo makipe ahabwa amahirwe yo kurizamukamo kurusha andi, hashingiwe ku kuba ibi bihugu ari byo biheruka guterura iki gikombe mu myaka ishize kandi bifite abakinnyi bari hejuru kurusha ibindi.

U Budage bwagitwaye inshuro enye mu gihe Espagne igifite inshuro imwe, ubwo cyakinirwaga muri Afurika y’Epfo mu 2010.

Abakurikiranira hafi iby’umupira w’amaguru bahamya ko aya makipe agikomeye kandi yakongera agahagama ayo bahanganye muri iki gikombe, nubwo buri yose yiteguye ishaka kugera kure.

  Espagne

Ikipe ya Espagne yitwa "La Furia Roja", yakinnye umukino wayo wa mbere mu 1913 inganya n’u Bufaransa igitego 1-1. Mu kwiyubaka kwayo, Espagne yatwaye Igikombe cy’Isi cya 2010, yegukana umwanya wa kabiri muri UEFA Nations League ya 2021.

Intsinzi ikomeye yabonye mu mateka yayo ni iyo mu 1933 itsinda Bulgaria ibitego 13-0, mu gihe gutsindwa gukomeye ari uko yanyagiwe ibitego 7-1 n’u Butaliyani [butabonye itike muri uyu mwaka] mu 1928.

Iki gihugu kiri ku mwanya wa karindwi ku rutonde ngarukakwezi rw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, nyamara mu 2010 cyari ku wa mbere, umwanya mubi cyagize ni uwa 25 mu 1998.

Iki gihugu gitozwa na Luis Enrique, Umunya-Espagne watoje amakipe akomeye nka FC Barcelona, mbere yo kwerekeza mu Ikipe y’Igihugu kuva mu 2018. Kapiteni wayo ni Sergio Busquets w’imyaka 34, ari na we mukinnyi mukuru muri iyi kipe.

Espagne ni inshuro ya 15 igiye gukina Igikombe cy’Isi, ubwa mbere yakigaragayemo hari mu 1934. Icyo gihe ikipe yaviriyemo muri ¼ byari bihagije nk’ikipe yari irigezemo bwa mbere. Iki gihugu kizaba kigendera ku bakinnyi nka César Azpilicueta wa Chelsea FC, Sergio Busquets wa FC Barcelona, Marco Asensio wa Real Madrid n’abandi.

Espagne izakina umukino wayo wa mbere w’Igikombe cy’Isi ku wa 23 Ugushyingo icakirana na Costa Rica, izakurikizaho u Budage ku wa 27 Ugushyingo mbere yo gusoreza ku Buyapani ku wa 1 Ukuboza 2022.

  U Buyapani

Ikipe y’Igihugu y’u Buyapani yitirirwa ‘Samurai Blue’, ikipe ifitwe n’umwenegihugu Hajime Moriyasu wahawe kuyitoza kuva mu 2018, gusa yarayibayemo umukinnyi mu 1992-1996.

U Buyapani mu mateka yabwo bwakinnye umukino wa mbere mu 1917 itsindwa n’u Bushinwa ibitego 5-0. Iki gihugu cyatsinzwe ibitego byinshi mu mateka yacyo kuko Philippines yakinyagiye ibitego 15-2, maze mu 1967 ibona intsinzi ikomeye ubwo yishyura Philippines ibitego 15-0.

Iyi kipe ntiratwara Igikombe cy’Isi mu nshuro 15 imaze kucyitabira, kure yageze muri aya marushanwa ni muri ⅛ , harimo n’icyo bwakiriye mu 2002 bufatanyije na Korea y’Epfo. Akenshi iyi kipe mu gikombe cy’Isi iviramo mu matsinda.

U Buyapani buri ku mwanya wa 24 ku Isi ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA, umwanya mwiza bwagize hari mu 1998 aho bwari ubwa cyenda, ariko mu 1992 bwabaye ubwa 66 ari na wo mwanya mubi bwagize mu mateka yabwo.

Iki gihugu kandi kimaze inshuro zirindwi zikurikiranya kitabura itike y’Igikombe cy’Isi. Kuri ubu cyitabiriye kimaze gutsinda imikino 15, kinganya umwe, gitsindwa imikino ibiri mu mikino 18.

Abakinnyi nka Ko Itakura wa Borussia Mönchengladbach, Maya Yoshida wa Schalke 04 uzaba ari kapiteni, Takumi Minamino wa AS Monaco na Takehiro Tomiyasu ukinira Arsenal FC ni bamwe mu bakinnyi, Ikipe y’Igihugu y’u Buyapani izagenderaho.

U Buyapani buzatangira bucakirana n’u Budage ku wa 23 Ugushyingo, bukurikizeho Costa Rica ku wa 27 Ugushyingo, mbere yo guhura na Espagne ku wa 1 Ukuboza 2022.

  U Budage

Ikipe y’Igihugu y’u Budage yitwa ‘Die Mannschaft’, ni imwe mu makipe ahanzwe amaso cyane kubera abakinnyi ifite bakomeye ku ruhando mpuzamahanga. Iyi kipe imaze kwegukana Igikombe cy’Isi inshuro enye, inganya n’u Butaliyani, inyuma ya Brésil ifite bitanu.

Mu nshuro 21 iki gikombe kimaze gukinwa, inshuro imwe gusa ni bwo u Budage butacyitabiriye. Mu irushanwa riheruka ryabereye mu Burusiya mu 2018, u Budage bwaviriyemo mu matsinda.

Umukino wa mbere ‘Die Mannschaft’ yakinnye nk’Ikipe y’Igihugu wayihuje n’u Busuwisi mu 1908, buwutsindwa ibitego 5-3. Mu 1912 bwatsinze u Burusiya ibitego 16-0. Gutsindwa gukomeye bwagize ni ubwo bwatsindwaga ibitego 9-0 n’u Bwongereza mu 1909.

U Budage butozwa na Hansi Flick kuva mu 2021, izagendera ku bakinnyi nka Manuel Neuer wa Bayern Munich, Kai Havertz wa Chelsea FC, İlkay Gündoğan wa Manchester City n’abandi.

Umukino ubanza u Budage buzawukina n’u Buyapani ku wa 23 Ugushyingo, bukurikizeho Espagne ku wa 27 Ugushyingo, busoreze kuri Costa Rica ku wa 1 Ukuboza 2022.

  Costa Rica

Costa Rica izwi nka ‘The Ticos’ yakinnye umukino wa mbere mu 1921 na El Salvador iyitsinda ibitego 7-0. Mu 1946 yabonye intsinzi ikomeye mu mateka yayo ubwo yanyagiraga Puerto Rico ibitego 12-0 ariko na yo mu 1975 Mexique yayinyagiye ibitego 7-0.

Kugeza ubu Costa Rica iri ku mwanya wa 31 ku Isi, umwiza yagize hari mu 2015 ubwo yabaga iya 13, mu gihe umubi yawugize mu 1996 ubwo yari iya 93.

Ni inshuro ya gatandatu Costa Rica yitabiriye Igikombe cy’Isi mu mateka yayo, nyuma yo kukigeramo bwa mbere mu 1990. Kure yageze muri aya marushanwa ni mu ¼, yahageze ubwo yacyinjiragamo ku nshuro ya mbere.

Costa Rica yabonye itike yo kujya mu Gikombe cy’Isi cyo muri Qatar imaze gukina imikino 15, itsindamo umunani, inganyamo ine, itsindwa itatu.

Luis Fernando Suárez utoza Costa Rica yageze muri iyi kipe nk’umutoza mukuru umwaka ushize muri 2021, amaranye igihe gito n’abakinnyi be bimuha amahirwe make yo kuba yazamuka mu itsinda arimo.

Mu bakinnyi yitwaje harimo Keylor Navas ukinira PSG, Joel Campbell ukinira León, Jewison Bennette w’imyaka 18 ukinira Sunderland n’abandi.

Costa Rica izakina umukino wa mbere na Espagne tariki ya 23 Ugushyingo, ikurikizeho u Buyapani ku wa 27 Ugushyingo mu gihe uwa nyuma izawukina n’u Budage ku wa 1 Ukuboza 2022.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages