Muri iyi nkuru tugiye kugaruka ku byo wamenya ku makipe ari mu Itsinda rya Kane arimo Danemark, Australia, u Bufaransa na Tunisia.
Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa ni yo ifite Igikombe cy’Isi giheruka cyakiniwe mu Burusiya mu 2018. Abakunzi ba yo bifuza kuyibona yongera kugiterura, ariko biragoranye kuko bamwe mu bakinnyi bayifashije kubigeraho barimo Paul Pogba, Presnel Kimpembe na N’Golo Kanté bagize imvune zitandukanye zatumye batitabira.
Abasesenguzi ariko ntibarenza ingohe ibindi bihugu biri mu yandi matsinda nabyo byiteguye neza kandi byakora ikinyuranyo muri iki gikombe.
Danemark
Ikipe y’Igihugu ya Danemark yitwa “The Red and Whites”, yakinnye umukino wayo wa mbere mu 1908 itsindwa n’u Bufaransa ibitego 9-0.
Intsinzi ikomeye yabonye mu mateka yayo ni iyo mu 1908 ubwo yatsindaga u Bufaransa ibitego 17-1, mu gihe gutsindwa gukomeye ari uko yanyagiwemo ibitego 8-0 n’u Budage mu 1937.
Iki gihugu kiri ku mwanya wa 10 ku rutonde ngarukakwezi rw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) nyamara mu 1997 cyari ku wa gatatu, ari na wo mwiza cyagize. Umwanya mubi cyagize ni uwa 51 mu 2017.
Mu kwiyubaka kwayo, Danemark yegukanye Igikombe cyo ku Mugabane w’u Burayi mu 1992. Iyi kipe kandi yatwaye Igikombe cya ‘FIFA Confederations Cup’ mu 1995.
Iki gihugu gitozwa n’uwahoze atoza amakipe menshi muri iki gihugu ndetse akaba n’umwenegihugu, Kasper Hjulmand kuva mu 2020 mu gihe Kapiteni wayo ari Simon Kjær w’imyaka 33, umaze guhamagarwa inshuro 121 kuva mu 2009.
Danemark ni ubwa gatanu igiye gukina Igikombe cy’Isi ariko kure yageze muri iri rushanwa ni muri ¼ mu 1998. Ahandi hose yaviragamo mu matsinda cyangwa muri ⅛. Iki gihugu kizaba kigendera ku bakinnyi nka Andreas Christensen wa FC Barcelona, Christian Eriksen wa Manchester United na Martin Christensen Braithwaite wa Espanyol.
Danemark izakina umukino wayo wa mbere w’Igikombe cy’Isi ku wa 22 Ugushyingo icakirana na Tunisia, izakurikizaho u Bufaransa ku wa 26 Ugushyingo mbere yo gusoreza kuri Australia ku wa 30 Ugushyingo 2022.
Australia
Ikipe y’Igihugu ya Australia yitirirwa ‘Socceroos’, ifitwe n’umwenegihugu Graham Arnold uri kuyitoza kuva mu 2018, ariko yanayibayemo nk’umukinnyi, anatoza abakiri bato bayo.
Australia mu mateka yayo yakinnye umukino wa mbere mu 1922 itsindwa na Uruguay ibitego 3-1, maze mu 2001 ibona intsinzi ikomeye ubwo yanyagiraga American Samoa ibitego 31-0. Iki gihugu na cyo cyatsinzwe ibitego byinshi mu mateka yacyo kuko Afurika y’Epfo mu 1955 yagitsinze 8-0.
Iyi kipe ntabwo iratwara Igikombe cy’Isi mu nshuro esheshatu imaze kucyitabira, inshuro imwe gusa yo mu 2006 ni bwo imaze gutsindirwa muri ⅛, izindi nshuro zose yaviriyemo mu matsinda. Mu gihe iheruka mu Gikombe cy’Isi cya 2018 yabaye ikipe ya 30 muri 32 yitabiriye.
Australia iri ku mwanya wa 38 ku Isi ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA, umwanya mwiza yagize hari mu 2009 aho yari iya 14, ariko mu 2014 yabaye iya 102 ari wo mwanya mubi yagize mu mateka yayo.
Ni Igikombe cy’Isi cya gatanu igiye gukina mu mateka yayo kuva yinjijwe muri FIFA nk’umunyamuryango wayo. Iki gihugu kandi kimaze inshuro eshanu zikurikiranya kitabura itike y’iki gikombe. Kuri ubu cyitabiriye kimaze gutsinda imikino 13, kinganya ine, gitsindwa itatu mu mikino 20.
Abakinnyi nka Thomas Deng ukinira Albirex Niigata, Awer Mabil wa Cádiz, umukinnyi muto Garang Kuol ukinira Central Coast Mariners, Ajdin Hrustic wa Hellas Verona na Kapiteni wa yo Mathew David Ryan ukinira Copenhagen, ni bamwe mu bakinnyi Australia izagenderaho.
Australia izatangira icakirana n’u Bufaransa ku wa 22 Ugushyingo, ikurikizeho Tunisia ku wa 26 Ugushyingo mbere yo guhura na Danemark ku wa 30 Ugushyingo 2022.
U Bufaransa
Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa yitwa ‘Les Bleus’ ni imwe mu ahanzwe amaso cyane kubera abakinnyi bayo no kuba ifite igiheruka gukinwa cyabereye mu Burusiya.
Ibi ariko binashimangirwa n’amateka iki gihugu cyakoze mu Gikombe cy’Isi kuko cyakora itandukaniro nk’uko cyahatanye kuva mu 1930 iki gikombe gitangira gukinwa. Iki gihugu kirahabwa amahirwe yo kuba cyagisubirana kuko kimaze kugitwara inshuro ebyiri zose.
Mu nshuro 21 iki gikombe kimaze gukinwa, inshuro esheshatu gusa ni bwo u Bufaransa butabonye itike yo kucyerekezamo. Bwagitwaye inshuro ebyiri, butwara umwanya wa kabiri inshuro imwe, buza ku mwanya wa gatatu inshuro ebyiri.
Umukino wa mbere ‘Les Bleus’ yakinnye nk’Ikipe y’Igihugu wabaye mu 1904, icyo gihe yahuye n’u Bubiligi binganya 3-3. Mu 1908 yatsinzwe na Danemark ibitego 17-1. Intsinzi ikomeye yagize ni ubwo yatsindaga u Bugereki ibitego 11-0 mu 1919.
Kugeza ubu u Bufaransa buri ku mwanya wa kane ku Isi. Ni inshuro ya 16 bugiye kwitabira Igikombe cy’Isi, igiheruka cyo mu 2018 cyabereye mu Burusiya aho bwanagitwariye. Muri uyu mwaka bwabonye itike bukinnye imikino umunani, butsinda itanu, bunganya itatu.
Iyi kipe itozwa na Didier Claude Deschamps kuva mu 2012, izagendera ku bakinnyi nka Kylian Mbappé wa PSG, Karim Benzema wa Real Madrid, Hugo Lloris wa Tottenham n’abandi.
Iyi kipe yasize intwaro zayo bitewe n’ibibazo by’imvune barimo N’Golo Kanté, Paul Pogba, Presnel Kimpembe n’abandi. Umukino ubanza u Bufaransa buzawukina na Australia ku wa 22 Ugushyingo, bukurikizeho Danemark ku wa 26 Ugushyingo, busoreze kuri Tunisia ku wa 30 Ugushyingo 2022.
Tunisia
Tunisia yakinnye umukino wa mbere mu 1957, icyo gihe yatsinze Libya ibitego 4-2. Intsinzi zikomeye mu mateka yayo yazibonye ubwo yanyagiraga Togo, u Bushinwa, Malawi na Djibouti ibitego 7-0 ariko na yo mu 1960 Hongrie yayinyagiye ibitego 10-1.
Kugeza ubu Tunisia iri ku mwanya wa 30 ku Isi, umwiza yagize hari mu 2018 ubwo yabaga iya 14, mu gihe umubi yawugize mu 2010 ubwo yabaga iya 65.
Ni inshuro ya gatandatu igiye kwitabira Igikombe cy’Isi mu mateka yayo, nyuma yo kucyitabira bwa mbere mu 1978 kimaze gukinwa inshuro 10. Nta kure iragera muri aya marushanwa kuko buri gihe iviramo mu matsinda.
Tunisia yabonye itike yo kujya mu gikombe cy’Isi cyo muri Qatar imaze gukina imikino umunani, itsindamo itanu, inganyamo ibiri ndetse inatsindwa umukino umwe gusa.
Umunya-Tunisia Jalel Kadri utoza Ikipe y’Igihugu yageze muri iyi kipe nk’umutoza wungirije mu 2021 mu gihe muri uyu mwaka wa 2022, yahawe kuzayitoza nk’umutoza mukuru mu Gikombe cy’Isi.
Azitwaza abakinnyi bakomeye barimo Wahbi Khazri ukinira Montpellier, Youssef Msakni watijwe muri Al-Arabi, Montassar Omar Talbi ukinira Lorient, Seifeddine Jaziri ukinira Zamalek n’abandi.
Tunisia izakina umukino wa mbere ihura na Danemark tariki ya 22 Ugushyingo, ikurikizeho Australia ku wa 26 Ugushyingo mu gihe uwa nyuma izawukina n’u Bufaransa ku wa 30 Ugushyingo 2022.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!