Iki Gikombe cy’Isi kigiye gukinwa mu bihe bidasanzwe kuko ubusanzwe cyabaga mu mpeshyi nyuma y’umwaka w’imikino.
Mu gihe habura icyumweru kimwe gusa ngo irushanwa ritangire, ibihugu bitandukanye byamaze guhamagara abakinnyi bizaserukana, byizeye ko bashobora kubifasha kugera ku ntsinzi.
Muri iyi nkuru tugiye kugaruka ku byo wamenya ku makipe ari mu Itsinda rya Mbere arimo Qatar, u Buholandi, Sénégal na Equateur.
Ikipe y’Igihugu y’u Buholandi ni yo ihabwa amahirwe yo kuzamuka muri iri tsinda iyoboye, igakurikirwa na Sénégal, igihugu Abanyafurika benshi bahanze amaso ko gishobora guhesha ikuzo umugabane bakomokaho.
Abasesenguzi ariko ntibarenza ingohe Qatar nk’igihugu kizakira Igikombe cy’Isi kuko gishobora gutungurana igihe cyose.
– Qatar
Ikipe ya Qatar yitwa “The Maroon”, yakinnye umukino wayo wa mbere mu 1970 itsindwa na Bahrain ibitego 2-1.
Intsinzi ikomeye yabonye mu mateka yayo ni iyo mu 2015 ubwo yatsindaga Bhutan ibitego 15-0 mu gihe intsinzwi yashegeshe Qatar ari iyo yanyagiwe ibitego 9-0 na Kuwait mu 1973.
Iki gihugu cyashoye agera kuri miliyoni 200$ mu bikorwaremezo ariko by’umwihariko mu iterambere ry’abakinnyi, byatumye kigera ku mwanya wa 42 nyamara mu 2010 cyari ku wa 113, umubi cyagize ku rutonde ngarukakwezi rw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA.
Mu kwiyubaka kwayo, Qatar yegukanye Igikombe cyo ku Mugabane wa Aziya mu 2019.
Iki gihugu gitozwa n’uwahoze atoza abakiri bato ba FC Barcelona, Felix Sanchez kuva mu 2017 mu gihe Kapiteni wayo ari Hassan Al Haidos w’imyaka 31, umaze guhamagarwa inshuro 170 mu Ikipe y’Igihugu.
Qatar ni ubwa mbere igiye gukina Igikombe cy’Isi kuko kubona itike binyuze mu kuyishaka byo bitari koroha, ahubwo yacyitabiriye nk’igomba kwakira iri rushanwa.
Iki gihugu kizaba kigendera ku bakinnyi nka Akram Afif wa Al Sadd y’iwabo muri Qatar, Al-Moez Ali wa Al-Duhail na Hassan Al Haidos wa Al Sadd.
Qatar ni yo izafungura Igikombe cy’Isi ku wa 20 Ugushyingo icakirana na Equateur, izakurikizaho Sénégal ku wa 25 Ugushyingo mbere yo gusoreza ku Buholandi ku wa 29 Ugushyingo 2022.
– U Buholandi
Ikipe y’Igihugu y’u Buholandi yitirirwa ‘Oranje’ kubera ko imyambaro yayo isa n’iryo bara.
Iyi kipe ya Louis Van Gaal uri kuyitoza ku nshuro ya gatatu iri mu ahabwa amahirwe yo kuyobora Itsinda rya Mbere.
U Buholandi mu mateka yabwo bwakinnye umukino wa mbere mu 1905 butsinda u Bubiligi 4-1 maze mu 2011 bubona intsinzi ikomeye ubwo bwanyagiraga San Marino ibitego 11-0. Iki gihugu na cyo mu 1907 cyatsinzwe n’u Bwongereza ibitego 12-2.
Iyi kipe itaratwara Igikombe cy’Isi, imaze gutsindirwa ku mukino wa nyuma inshuro eshatu, iheruka ni iyo mu 2010 ubwo yatsindwaga na Espagne.
U Buholandi buri ku mwanya wa munani ku Isi, umwanya mwiza bwagize hari mu 2011 buba ubwa mbere ariko mu 2017 buba ubwa 36.
Ni Igikombe cy’Isi cya 11 bugiye gukina mu mateka yabwo. Iki gihugu cyabonye itike nyuma yo gutsinda imikino irindwi, gitsindwa umwe, kinganya imikino ibiri.
Abakinnyi nka Virgil van Dijk usanzwe ari kapiteni, Matthijs de Ligt, Frenkie de Jong na Memphis Depay ni bamwe mu bakinnyi, Ikipe y’Igihugu y’u Buholandi izaba igenderaho.
U Buholandi buzatangira bucakirana na Sénégal ku wa 21 Ugushyingo, bukurikizeho Equateur ku wa 25 Ugushyingo mbere yo guhura na Qatar ku wa 29 Ugushyingo 2022.
– Sénégal
Ikipe y’Igihugu ya Sénégal yitwa ‘Les Lions de la Teranga’ ni imwe mu makipe ahanzwe amaso n’Abanyafurika, kubera ko ariyo ifite Igikombe cya Afurika, CAN 2022, giheruka ndetse ikaba ifite abakinnyi bakomeye i Burayi.
Ibi ariko binashimangirwa n’amateka iki gihugu cyakoze mu Gikombe cy’isi cya 2002 ubwo cyageraga muri ¼. Gihanzwe amaso ko ishobora kongera kugera kure muri iri rushanwa.
Umukino wa mbere Sénégal nk’Ikipe y’Igihugu yawukinnye icyitwa France Sénégal itsinda Gambia yitwaga British Gambia ibitego 2-1. Mu 1972 Sénégal yatsinze umukino ufatwa nk’intsinzi ikomeye inyagira Mauritania ibitego 10-1. Intsinzwi ikomeye yagize ni ubwo yatsindwaga na Guinée Conakry ibitego 5-0 mu 1966.
Kugeza ubu Sénégal iri ku mwanya wa 18 ku Isi, ikaba iya mbere muri Afurika. Ni inshuro gatatu igiye kwitabira Igikombe cy’Isi, igiheruka cya 2018 cyo mu Burusiya yasezerewe mu matsinda. Muri uyu mwaka yabonye itike itsinze Misiri kuri Penaliti.
Iyi kipe itozwa na Aliou Cissé kuva mu 2015, igendera ku bakinnyi nka Edouard Mendy na Kalidou Coulibaly ba Chelsea na Sadio Mané wa Bayern Munich.
Umukino ubanza, Sénégal izawukina n’u Buholandi ku wa 21 Ugushyingo, ikurikizeho Qatar ku wa 25 Ugushyingo, isoreze kuri Equateur ku wa 29 Ugushyingo 2022.
– Equateur
Equateur yakinnye umukino wa mbere mu 1938 inganya na Bolivia igitego 1-1 maze mu 1975 ibona intsinzi ikomeye mu mateka yayo ubwo yanyagiraga Peru ibitego 6-0 ariko na yo mu 1942 Argentine yayinyagiye ibitego 12-0.
Kugeza ubu Equateur iri ku mwanya wa 44 ku Isi, umwiza yagize hari mu 2013 ubwo yabaga iya 10 mu gihe umubi ari mu 2017 ubwo yabaga iya 71.
Ni inshuro ya kane igiye kwitabira Igikombe cy’Isi mu mateka yayo, nyuma yo kucyitabira bwa mbere mu 2002 aho kure yageze ari muri 1/8 mu 2006.
Equateur yabonye itike nyuma yo kuba iya kane muri Amerika y’Epfo itsinze imikino irindwi, inganya itanu, itsindwa itandatu.
Umunya-Argentine Gustavo Alfaro utoza Equateur kuva mu 2020 azaba yitwaje intwaro zirimo Enner Valencia, Pervis Estupiñán wa Brighton yo mu Bwongereza na Carlos Gruezo wa Augsburg yo mu Budage. Aba bakinnyi abitezeho kumufasha kwitwara neza muri iri tsinda adahabwamo amahirwe.
Equateur ni yo izafungura Igikombe cy’Isi ikina na Qatar ku wa 20 Ugushyingo, ikurikizeho u Buholandi ku wa 25 Ugushyingo mu gihe umukino wa nyuma izawukina na Sénégal ku wa 29 Ugushyingo 2022.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!