Urutonde rw’abakinnyi b’u Bufaransa ruriho ba myugariro icyenda, n’abatahizamu batandatu, mu gihe abakinnyi batandatu aribo bakina imbere mu gihugu.
Uru rutonde rugitangazwa benshi batunguwe no kurubonaho myugariro Raphael Varane ukinira Manchester United yo mu Bwongereza wagize ikibazo cy’imvune ku mukino wa Chelsea FC mu byumweru bibiri bishize.
Undi watunguranye ni myugariro wa Liverpool FC, Ibrahima Konaté, umaze gukina imikino ine gusa mu marushanwa yose uyu mwaka.
Abakinnyi 11 byatwaye Igikombe cy’Isi giheruka ni bo bagarutse, mu gihe 12 batarugarutseho barimo Ngolo Kanté ukinira Chelsea FC na Paul Pogba wa Juventus bavunitse.
Akimara gutangaza uru rutonde, Didier Deschamps, yavuze ko abakinnyi bavunitse yahamagaye yizeye ko bazamera neza.
Yagize ati “Ntabwo nitaye ku mibare mibi, ntiduhagaze neza ariko tuzi icyo dushoboye gukora. Nizeye ko igihe kizagera abakinnyi bameze neza 100%.’’
Yakomeje avuga ko yizeye ko igihugu cye yizeye ko kizisubiza Igikombe cy’Isi, kikacyegukana inshuro ebyiri zikurikirana nyuma ya Brésil iheruka kubikora mu 1958 na 1962.
U Bufaransa bufite ibikombe bibiri by’Isi, uyu mwaka buri mu itsinda rya kane hamwe na Australia, Denmark na Tunisie. Umukino wa mbere buzawukina na Australia tariki 22 Ugushyingo 2022 saa Moya.
Urutonde rw’abakinnyi bahamagawe n’u Bufaransa:
Abanyezamu: Alphonse Areola (West Ham), Hugo Lloris (Tottenham), Steve Mandanda (Rennes)
Myugariro: Lucas Hernandez (Bayern Munich), Theo Hernandez (AC Milan), Presnel Kimpembe (Paris Saint Germain), Ibrahima Konaté (Liverpool), Jules Kound (Barcelona), Benjamin Pavard (Bayern Munich), William Saliba (Arsenal), Dayot Upamecano (Bayern Munich) na Raphael Varane (Manchester United).
Abakina hagati: Eduardo Camavinga (Real Madrid), Youssouf Fofana (Monaco), Matteo Guendouzi (Marseille), Adrien Rabiot (Juventus), Aurélien Tchouameni (Real Madrid) na Jordan Veretout (Marseille).
Rutahizamu: Karim Benzema (Real Madrid), Kinglsey Coman (Bayern Munich), Ousmane Dembélé (Barcelona), Olivier Giroud (AC Milan), Antoine Griezmann (Atletico Madrid), Kylian Mbappé (Paris Saint Germain) na Christopher Nkunku (RB Leipzig).



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!