00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

#Qatar2022: U Bufaransa bwatangaje abakinnyi 25 buzajyana mu Gikombe cy’Isi

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 10 November 2022 saa 01:33
Yasuwe :

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, Didier Deschamps, yahamagaye abakinnyi 25 azifashisha mu Gikombe cy’Isi barimo 11 bari muri “Les Bleus” yegukanye igiheruka cyabereye mu Burusiya mu 2018.

Urutonde rw’abakinnyi b’u Bufaransa ruriho ba myugariro icyenda, n’abatahizamu batandatu, mu gihe abakinnyi batandatu aribo bakina imbere mu gihugu.

Uru rutonde rugitangazwa benshi batunguwe no kurubonaho myugariro Raphael Varane ukinira Manchester United yo mu Bwongereza wagize ikibazo cy’imvune ku mukino wa Chelsea FC mu byumweru bibiri bishize.

Undi watunguranye ni myugariro wa Liverpool FC, Ibrahima Konaté, umaze gukina imikino ine gusa mu marushanwa yose uyu mwaka.

Abakinnyi 11 byatwaye Igikombe cy’Isi giheruka ni bo bagarutse, mu gihe 12 batarugarutseho barimo Ngolo Kanté ukinira Chelsea FC na Paul Pogba wa Juventus bavunitse.

Akimara gutangaza uru rutonde, Didier Deschamps, yavuze ko abakinnyi bavunitse yahamagaye yizeye ko bazamera neza.

Yagize ati “Ntabwo nitaye ku mibare mibi, ntiduhagaze neza ariko tuzi icyo dushoboye gukora. Nizeye ko igihe kizagera abakinnyi bameze neza 100%.’’

Yakomeje avuga ko yizeye ko igihugu cye yizeye ko kizisubiza Igikombe cy’Isi, kikacyegukana inshuro ebyiri zikurikirana nyuma ya Brésil iheruka kubikora mu 1958 na 1962.

U Bufaransa bufite ibikombe bibiri by’Isi, uyu mwaka buri mu itsinda rya kane hamwe na Australia, Denmark na Tunisie. Umukino wa mbere buzawukina na Australia tariki 22 Ugushyingo 2022 saa Moya.

Urutonde rw’abakinnyi bahamagawe n’u Bufaransa:

Abanyezamu: Alphonse Areola (West Ham), Hugo Lloris (Tottenham), Steve Mandanda (Rennes)

Myugariro: Lucas Hernandez (Bayern Munich), Theo Hernandez (AC Milan), Presnel Kimpembe (Paris Saint Germain), Ibrahima Konaté (Liverpool), Jules Kound (Barcelona), Benjamin Pavard (Bayern Munich), William Saliba (Arsenal), Dayot Upamecano (Bayern Munich) na Raphael Varane (Manchester United).

Abakina hagati: Eduardo Camavinga (Real Madrid), Youssouf Fofana (Monaco), Matteo Guendouzi (Marseille), Adrien Rabiot (Juventus), Aurélien Tchouameni (Real Madrid) na Jordan Veretout (Marseille).

Rutahizamu: Karim Benzema (Real Madrid), Kinglsey Coman (Bayern Munich), Ousmane Dembélé (Barcelona), Olivier Giroud (AC Milan), Antoine Griezmann (Atletico Madrid), Kylian Mbappé (Paris Saint Germain) na Christopher Nkunku (RB Leipzig).

U Bufaransa buri mu makipe ahabwa amahirwe yo kwegukana Igikombe cy'Isi cya 2022
Urutonde rw'abakinnyi 25 u Bufaransa buzajyana mu Gikombe cy'Isi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages