00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Akanyamuneza ku bagena ibiciro by’ubwubatsi, bakuriweho ibyazambyaga itangwa ry’amasoko

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 29 June 2025 saa 07:41
Yasuwe :

Ikigo cy’abahanga mu kubara, kugena no kugenzura ingano y’ibintu n’ibiciro mu bwubatsi (Rwanda Institute of Quantity Surveyors: RIQS) kigaragaza ko cyishimira kuba Leta yaravuguruye itegeko rijyanye no gutanga amasoko ikagena ko amafaranga ntarengwa ashobora kwiyongera ku isoko ryamaze gutangwa, ibizwi nka ‘avenant’.

Ibi byavugiwe mu nama y’abakora muri uru rwego, iri kubera mu Rwanda, yitabiriwe n’abagera kuri 300 bo mu bihugu 15 bya Afurika n’ahandi. Ni inama yabaye ku wa 25 kugeza ku wa 27 Kamena 2025.

Mu 2024 ni bwo Inteko Ishinga Amategeko yemeje itegeko rigena ko imirimo y’ubuhanga mu guhanga inyubako, n’iy’ubwo kubara, kugena no kugenzura ingano y’ibintu n’ibiciro by’ubwubatsi yose igomba gushingirwaho mu bwubatsi.

Mbere y’uko amategeko ajyanye n’itangwa ry’amasoko avugururwa mu Rwanda ‘avenant’ yashoboraga kugera kuri 20% by’agaciro k’isoko.

Ubu amategeko agena ko itagomba kurenga 5% by’agaciro k’isoko kandi uko byagenda kose ntirenge miliyoni 100 Frw.

Umuyobozi Mukuru wa RIQS, Rugira Charles ati “Kera habagaho ibyitwa ‘avenant’ ugasanga isoko ryamaze gutangwa ryiyongeyeho amafaranga menshi. Ubu ibintu bigomba kubarwa neza ba rwiyemezamirimo ntibitege kuzongeramo andi mafaranga. Turashimira Leta y’u Rwanda yabikoze.”

Yakomeje avuga ko umwuga wabo uri gutera imbere mu Rwanda kuko “ubu hari Abanyarwanda 12 b’abahanga muri uyu mwuga twohereje hirya no hino ku Isi batsinze abandi mu ihatana mpuzamahanga.”

Mbere y’ayo mavugurura mu itangwa ry’amasoko hajyaga habamo ibihombo bishingiye ku kuba bamwe barakoraga uko bashoboboye isoko ryatanzwe rigakenera ‘avenant’ noneho kuko yari iri ku janisha rinini bigatuma Leta yongeramo amafaranga menshi ari na ho kuyanyereza byaturukaga.

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe guteza imbere imijyi n’Imiturire muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Dr. Ngarambe Jack yavuze ko uruhare rw’abahanga mu by’ubwubatsi ari rwo ruri gufasha mu kwihutisha ubwubatsi bw’u Rwanda.

Ati “Urwego rw’ubwubatsi mu Rwanda ruri gukura cyane kandi ntibayahoboboka rudafite abanyamwuga nka mwe. Ibyo mukora bifasha kumenya niba ibyubakwa byarapanzwe neza, bikoresha ingengo y’imari yagenwe ndetse binubahiriza ibindi bipimo mu bwiza no mu ireme.”

Perezida w’Ihuriro ry’ingaga z’abahanga mu kubara, kugena no kugenzura ingano y’ibintu n’ibiciro mu bwubatsi muri Afurika, Matthew Ngulube, yavuze ko ubufatanye bw’abakora muri urwo rwego muri ari intambwe ikomeye mu iterambere ry’ubwubatsi bwa Afurika.

Amafaranga ashobora kwiyongera ku isoko ryamaze gutangwa ntakirenga 5% by’agaciro karyo
Perezida w’Ihuriro ry’ingaga z’abahanga mu kubara, kugena no kugenzura ingano y’ibintu n’ibiciro mu bwubatsi muri Afurika, Matthew Nguluwe, yavuze ko ubufatanye bw’abakora muri urwo rwego muri Afurika buzatuma uyu mugabane utera imbere byihuse
Umuyobozi w’Ishami rishinzwe guteza imbere imijyi n’imiturire muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Dr. Ngarambe Jack, yavuze ko uruhare rw’abahanga mu by’ubwubatsi ari rwo ruri gufasha mu iterambere ry'ubwubatsi bwarwo
Umuyobozi Mukuru wa RIQS, Rugira Charles yavuze ko bishimira uburyo ubwubatsi buri kurushaho kuba ubwa kinyamwuga aho abahanga batandukanye bahabwa umwanya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages