00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Dutemberane Zaria Court Hotel, ikomeje guteza imbere ubukerarugendo bw’u Rwanda

Yanditswe na Manzi Sabin
Kuya 20 November 2025 saa 08:05
Yasuwe :

Amezi ane arashize u Rwanda rwungutse hoteli y’inyenyeri enye ya Zaria Court Hotel. Mu gihe gito nk’iki imaze imaze igicumbi cy’ubukerarugendo, kuko umunsi ku wundi idasiba kwakira abaturutse imihanda yose, n’ibirori bikomeye muri Afurika.

Ni hoteli iherereye i Remera mu Karere ka Gasabo, ifite ibyumba 80 byo kuruhukiramo, restaurants enye, aho gufatira amafunguro n’ibinyobwa hejuru ku gisenge, aho wakorera imyitozo ngororamubiri (gym), aho ushobora gukorera akazi ka we wisanzuye, akabari na studio ikorerwamo ibiganiro.

Hari kandi ikibuga kiberamo imikino, iserukiramuco, ibitaramo n’ibindi bikorwa. Irimo kandi iguriro rinini rifasha abayituriye kubona ibyo bakeneye, kimwe n’abashyitsi.

Zaria Court Hotel yatashywe ku mugaragaro ku wa 28 Nyakanga 2025, mu muhango witabiriwe na Perezida Paul Kagame.

Niba usuye Zaria Court Hotel, mu hantu utagomba kuyivamo utageze ni ahazwi nka The Joro Rooftop Lounge’.

Haherereye hejuru ku gisenge aho ushobora gufatira ibyo kurya no kunywa wisanzuye, witegeye ubwiza bw’Umujyi wa Kigali. Ni n’ahantu ushobora gusohokera n’incuti n’umuryango mu gihe ufite ibirori.

Mu hantu utagomba gucikwa kandi harimo ahazwi nka ‘Solia Poor Bar’. Ku bakunda koga Zaria Court Hotel yabashyiriyeho ‘piscine’ iri hejuru ku gisenge ndetse ukaba wanahafatira amafunguro yawe.

Hateganyijwe na Mansela’s all-day dining, restaurant ngari ishobora kwakira abantu benshi bafata amafunguro ikaba itatswe n’imitako isanzwe iranga umuco wa Afurika.

Ntugomba kugenda utageze muri The Sports Bar. Ni na byiza ko ucyinjira muri iyi hoteli, uhita uyibona.

Ni akabari kagezweho gafite ubushobozi bwo kwakira abantu 200 bicaye neza ndetse ushobora kuhafatira ibyo kunywa no kurya ari na ko ukurikirana imikino mpuzamahanga itandukanye.

Sports Bar ifite ecran nini 19, ibituma uri hanze n’uri imbere bose bareba ibyo bifuza nta nkomyi ikindi ikora iminsi cyose.

Zaria Court Kandi ifite icyumba cyakira inama n’ibikorwa bitandukanye gifite ubushobozi bwo kwakira abantu barenga 100 bisanzuye.

Umuyobozi Mukuru wa Zaria Court Hotel, Walid Choubana, yabwiye IGIHE ko Zaria Court, yari umwe mu mishinga migari ya Perezida Kagame ugamije kugira Umujyi wa Kigali igicumbi cya siporo binyuze mu guteza imbere ibikorwaremezo bishingiye ku mikino n’imyidagaduro ariko bikanahuzwa n’ubukererarugendo.

Ati “Uyu mushinga wahereye kuri BK Arena, Stade Amahoro iravugururwa ishyirwa ku rwego mpuzamahanga, nyuma y’uko u Rwanda rutanze umwanya ku bashoramari kugira ngo bashore imari yabo muri uwo mushinga ari na ho Zaria Court yaboneye yaziye.”

Walid Choubana yashimangiye uburyo Zaria Court Hotel, yihariye cyane ko uhageze ntacyo ahaburira, kuva kuri internet yihuta, ahantu heza ko kuruhukira no gukorera akazi, kwidagadura, ushaka guhaha na we akabikora bitamusabye gusohoka muri iyi hoteli.

Zaria Court Hotel igenzurwa na Hilton Hotels, ifite ubushobozi bwo kwakira ibitaramo n’imikino itandukanye. Muri Nyakanga 2025 yakiriye igitaramo cyo kumurika imideri cyiswe “Threads of Africa Fashion Show”, cyitabiriwe n’abasaga 1000, nk’igice cy’iserukiramuco rya “Giants of Africa”.

Ahantu Zaria Court Hotel iherereye uhasanga ikibuga kijyanye n’igihe, gitanga amahirwe ku bakiri bato bakina umukino wa ‘Basketball’, ndetse Zaria Court Kigali yatanze amahirwe y’akazi ku bakozi 162 biganjemo urubyiruko.

Zaria Court Hotel ni imwe mu bikorwaremezo biri kugira uruhare muri gahunda y’u Rwanda yo kongera amafaranga yinjira aturutse mu bukerarugendo bushingiye ku nama (MICE). U Rwanda rwihaye intego ko azagera kuri miliyoni 224$ mu 2028, avuye kuri miliyoni 85$ mu 2024.

Abajya muri Zaria Court Hotel bahabwa n'amahirwe yo kujya gukinira mu bibuga bigezweho
Hamwe mu hafatirwa amafunguro muri Zaria Court Hotel
Zaria Court Hotel ni imwe muri hoteli zihezweho i Kigali
Mu kabaro ka Sport Bar ni uku hameze
Muri Zaria Court Hotel hashyizwe za ecran nini 19
Muri Zaria Court Hotel hashyizwemo imitako itandukanye ijyanye n'imikino
Aho kuryama muri Zaria Court Hotel ni uku hameze
Zaria Court Hotel ifite n'ibyumba by'inama bitandukanye
Muri Zaria Court Hotel hashyizwemo n'iguriro
Zaria Court Hotel imaze amezi ane itashywe
Zaria Court Hotel yakira abantu bose yaba imiryango n'abantu ku giti cyabo
Ibinyobwa by'amoko atandukanye ni akatabuze muri Zaria Court Hotel
The Joro Rooftop Lounge iri ku gisenge hejuru
Uri kuri The Joro Rooftop Lounge uba witegeye Umujyi wa Kigali
Muri Sport Bar uhafatira ibyo kurya wisanzuye
Solia Poor Bar, iri hejuru ku gisenge, aho uhasanga 'piscine', ndetse ukaba wanahafatira amafunguro
Ntukwiye kuva muri Zaria Court Hotel utageze kuri Sport Bar, akabari gafite ubushobozi bwo kwakira abantu 200 bicaye neza
Nusura Zaria Court Hotel ntuzatahe utageze muri The Joro Rooftop Lounge
Zaria Court Hotel ni imwe mu mahoteli abereye ubukerarugendo i Kigali
Muri Zaria Court Hotel wahasohokana umuryango wawe mukishima
Muri Zaria Court Hotel, imikino yahawe umwihariko
Mansela’s all-day dining, ni restaurant nziza ufatiramo amafunguro nta cyo wikanga
Zaria Court Hotel itatswe n'ibikoresho by'ubugeni bwo muri Afurika

Amafoto: Cyubahiro Key & Shumbusho Djasiri


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages