00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hoteli ‘The Pinnacle Kigali’ yinjiye mu bufatanye n’ikigo kizayimenyekanisha ku rwego mpuzamahanga

Yanditswe na IGIHE
Kuya 17 October 2025 saa 11:24
Yasuwe :

Ikigo kizobereye mu byerekeye isakazamakuru n’inozabubanyi cyitwa REYA Communications cyatangaje ko cyahawe akazi k’inozabubanyi n’itumanaho bya hoteli The Pinnacle Kigali yubatse ku musozi wa Rebero.

Itangazo iki kigo cyashyize hanze ku wa 16 Ukwakira 2025 rivuga ko gukorana na The Pinnacle Kigali bizatangira muri Mutarama 2026.

REYA isobanura ko umuntu uri muri The Pinnacle Kigali aba yitegeye ubwiza bw’uruhererekane rw’imisozi kuva i Kigali kugera iwabo w’ingagi mu birunga.

Iyi hoteli iherereye i Rebero mu Karere ka Kicukiro, yafunguwe ku mugaragaro muri Werurwe 2025. Ni iy’ikigo nyarwanda cy’ishoramari kizwi nka ‘Spelman Estates’.

The Pinnacle Kigali ifite ibyumba icyenda binini bishobora kwakira abantu 18, buri cyumba kikagira umwihariko ugitandukanya n’ikindi. Biri ku magorofa abiri, aho ku igorofa rya mbere hari ibyumba bine mu gihe hejuru yaryo hari ibindi byumba bitanu.

Ifite kandi umwanya wahariwe kwakira inama no gukoreramo akazi gasanzwe. Uyu mwanya ugizwe n’icyumba kinini cyitwa Umurage gishobora kwakira abantu 16 icyarimwe, n’ibindi bibiri bya Inyenyeri na Amahoro byakira abantu umunani buri kimwe.

Ifite umwanya wahariwe ibikorwa bitandukanye birimo n’imikino witwa Izuba.

Hari kandi umwanya wahariwe ibikorwa by’imyidagaduro, nk’akabari gashobora kwifashishwa mu birori bitandukanye wakira abantu 100 na théâtre yitwa Inseko ireberwamo filimi, yubakanye ikoranabuhanga rya ‘Dolby Atmos’ rituma abarimo bumva amajwi mu buryo budasanzwe.

Sheila Kyarisiima washinze iyi hotel yavuze ko bifuzaga kugira umufatanyabikorwa mpuzamahanga ushobora kuyigeza ku ruhando mpuzamahanga.

Ati “REYA yagaragaje ubushobozi bwo kuzamura hoteli zigenga, hakiyongeraho ko bakunda ibikubiye mu bukerarugendo bw’u Rwanda, bituma ubu bufatanye buzarushaho gutanga umusaruro.”

Umwe mu bashinze REYA Communicatios, Alexandra Avila, yashimangiye ko icyerekezo cya Sheila Kyarisiima kirenze kure ibyerekeye kwakira abantu gusa ahubwo ari ukubaka ibigwi, no gushyira ku rwego ruhanitse serivisi z’ubukerarugendo no kwakira abantu ku mugabane wa Afurika.

Muri ubu bufatanye, REYA izaba ifite inshingano yo gushyiraho gahunda y’iyi hoteli ku byerekeye isakazamakuru, inozabubanyi n’itangazamakuru, no kuvuga inkuru ya The Pinnacle Kigali ikagera ku rwego mpuzamahanga, bereka ba mukerarugendo bose ko bakwiye kujya kuharuhukira no kumva icyanga cy’ibyiza by’u Rwanda.

REYA isanzwe ikorana na hoteli zitandukanye zo mu Rwanda zirimo Virunga Lodge ya Volcanoe Safaris.

Ni hoteli iri mu byahinduye isura y'umusozi wa Rebero uzwiho umwihariko w'inyubako zihagazeho mu mujyi wa Kigali
Ubwiza bwa The Pinnacle Kigali ni urukererezabagenzi
Iyi hoteli yafunguwe ku mugaragaro muri Werurwe 2025.
Yubatse kuri hegitari 3,2, ikaba ifite amagorofa atatu ayiha ubuso bungana na metero kare 8.500.
The Pinnacle Kigali ni imwe muri hoteli z'ubwiza bwihariye mu Rwanda
Umujyi wa Kigali ukomeje kunguka hoteli z'ubwiza buhebuje
Ureba ibyiza bihari ukumva amagambo ashize ivuga
Hari 'View' yihariye ku baba bahasohokeye
Hari ahantu ho kuruhukira hafasha uharyamye kuruhuka neza
Bafite ibyumba byisanzuye kandi byuje isuku ihebuje
Iyi hoteli ijyanye n'icyerekezo cy'igihugu mu kurengera ibidukikije no kubungabunga ibidukikije
Imiterere yaho igera ku nyota y'uwahasuye akumva aranyuzwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages