00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibishya kuri hoteli y’inyenyeri eshanu iri kubakwa mu Karere ka Ngoma (Amafoto)

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 5 January 2026 saa 10:41
Yasuwe :

Ku nkengero z’ikiyaga cya Mugesera giherereye mu Murenge wa Zaza mu Karere ka Ngoma hagiye kuzura hoteli iri ku rwego rw’inyenyeri eshanu, yitwa Lakeside Recreation Resort, ikaba n’iya mbere mu Ntara y’Iburasirazuba izaba iri kuri urwo rwego.

Ni hoteli yubatswe ku buso bwa hegitari icumi z’ubutaka buherereye mu Murenge wa Zaza mu Karere ka Ngoma. Yatangiye kubakwa mu 2022.

Ni umushinga w’Abanyarwanda bishyize hamwe muri sosiyete yitwa Mountain Ridge Estates, ikazuzura itwaye miliyoni 5$.

Ifite sale nini ishobora kwakira abantu 800, ikagira ibibuga bya Tenis bibiri, ibya Basketball, Volleyball n’indi mikino itandukanye. Iri kubakwamo kandi ikiyaga gihangano, ikanagira Piscine iri ku rwego rwa Mini Olympic.

Ifite ubusitani bunini bushobora kuruhukirwamo n’umuntu wese waharaye, ifite inzu igeretse kabiri irimo ibyumba 44 ikanagira ibindi ku mpande bishobora kwakira abandi bantu benshi. Uretse ibi byumba kandi iri no kubakwamo icyumba cyahariwe Umukuru w’Igihugu.

Ubuyobozi bw’iyi hoteli buvuga ko bwateganyije ko iyi hoteli izubakwa mu byiciro bitatu kuri ubu bikaba biteganyijwe ko icyiciro cya mbere kizanasiga itangiye kwakira abayigana kizarangira muri Kamena 2026, hakurikireho ibindi byiciro bibiri bizakorwa nyuma.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, yavuze ko kuva batangira kubaka iyi hoteli yatanze akazi ku baturage benshi, bakaba bizeye ko nitangira gukora izongera abaturage basuraga aka Karere mu buryo bwo hejuru.

Ati “Nifungura amarembo izazamura abasura Akarere kacu ka Ngoma baje kwidagadura kuko ni ahantu heza hazaba hari ibikorwa bitandukanye, ubwato, siporo zo mu mazi. Ikindi kiriya kiyaga cya Mugesera cyakorewe igishushanyo mbonera ku buryo ishoramari twiteze ko rizaguka cyane.’’

Meya Niyonagira yavuze ko ikibazo gisigaye hafi y’ibiyaga ari ikijyanye n’ibikorwaremezo birimo kuhageza amashanyarazi, kuhageza amazi meza n’imihanda yizeza ko na byo batangiye kubikora ku buryo uyu mwaka uzarangira ahantu hose bihagejejwe.

Ati “ Nk’umuhanda ujya kuri iriya hoteli ntabwo umeze neza ariko dufite umushinga wo kuwukora, twamaze kuwukorera inyigo ku buryo nubwo uzaba atari kaburimbo ariko uzatsindagirwa ku buryo umera neza, amazi na yo ni uko twamaze kuyahageza, ubu turi kuganira n’abashoramari bahafite ubutaka tubereka ko ibyo badusabaga twabikoze na bo basabwa kubaka.’’

Biteganyijwe ko muri Kamena uyu mwaka icyiciro cya mbere cya hoteli Lakeside Recreation Resort kizaba cyarangiye neza ku buryo bazahita banafungura imiryango abashaka kuhasohokera bakajyayo.

Inzu yahariwe kwakira abagana iyi hoteli nka Reception
Inyubako irimo ibyumba 44 yagenewe kwakira abazagana iyi hoteli
Ubusitani bwahawe umwanya munini ngo abayigana bashobore kuruhuka
Tente nini izajya yakira ubukwe n'ibindi birori bitandukanye
Sale yahariwe inama ndetse n'ibirori ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 800
Piscine yubatswe muri iyi hoteli ni kimwe mu bigaragaza ubwiza bwaho
Muri iyi hoteli hashyizwemo inzira z'abanyamaguru ziri mu busitani
Imirimo yo kubaka iyi hoteli izatwara miliyoni 5$
Ikiyaga gihangano kiri kubakwa muri iyi hoteli ku buryo abantu bazajya bakiruhukiraho
Igice kiri mu busitani cyahariwe imikino yo kubuguza
Biteganyijwe ko mu mpera za ntangiriro za Kamena aribwo izafungura imiryango

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages