00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyumba byageze ku bihumbi 27: Ishusho y’iterambere ry’amahoteli mu Rwanda

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré
Kuya 14 June 2026 saa 08:34
Yasuwe :

Kuvuga ubukerarugendo ukibagirwa amahoteli ni nko kwibagirwa isukari ugiye gutegura icyayi. Yego cyanyobwa ariko byaba ari amaburakindi. Impamvu ni uko nyuma yo gusura ibyiza nyaburanga bitatse igihugu runaka, ababikora baba bakeneye kuruhukira ahantu heza no guhabwa serivisi zinoze.

Nyuma y’imyaka 32 Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda yaoze ibishoboka byose mu kubaka igihugu ihereye ku busa kandi n’urwego rw’ubukerarugendo n’amahoteli ntirwarengejwe ingohe uko iminsi yashiraga indi igataha.

Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Ubukerarugendo mu Rugaga rw’Abikorera, Jackson Hakiza yabwiye IGIHE ko uru rwego rwateye imbere aho ibyumba by’amahoteli byageze ku 27.938 byakira abakiliya batandukanye mu bice bitandukanye by’u Rwanda.

Ni imirimo ikomeye kuko byiyongereyeho imyumba birenga ibihumbi 11 kuko byanganaga na 16.158 mu myaka itanu ishize.

Ati “Ni urwego rwateye imbere ndetse tuzakomeza kugira uruhare mu kuruzamura kuko rufatiye runini ubukungu bw’u Rwanda.”

Ibi byumba bibarizwa mu mahoteli 1.667 atanga serivisi zitandukanye zishingiye ku gucumbikira abantu. U Rwanda rufite hoteli icyenda z’inyenyeri eshanu.

Izi zirimo Bisate Eco Lodge iherereye mu Kinigi mu karere ka Musanze hafi neza na Pariki y’Ibirunga, yubatswe n’Ikigo Wilderness Safaris, yatashywe ku mugaragaro na Perezida Paul Kagame ku wa 1 Nzeri 2017.

Harimo kandi Kigali Marriot Hotel yafunguwe ku mugaragaro ku wa Kabiri tariki 4 Ukwakira 2016. Yubatse rwagati mu Mujyi wa Kigali

Ni hoteli ifite ibyumba 250 birimo ibyakira abantu bo ku rwego rwa ba Perezida.

Hoteli z’inyenyeri eshanu zirimo Magashi Camp, Akagera National Park yubatswe mu 2018 muri Pariki y’Akagera, mu Ntara y’Iburasirazuba na One& Only Nyungwe House yubatswe mu 2010 iherereye muri Pariki ya Nyungwe.

Zirimo kandi One&Only Gorilla’s Nest iherereye mu Kinigi. Yatashywe na Perezida Kagame muri Gashyantare 2020. One &Only Gorilla’s Nest ifite ibyumba 21 bigezweho n’inzu zirindwi buri imwe iri ukwayo.

Radisson Blu Hotel & Convention Centre iri ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali, ikaba yaratahiwe rimwe na Kigali Convention Centre na yo ifite inyenyeri eshanu hamwe na Singita Kwitonda Lodge y’i Musanze yubatswe n’Ikigo gikomeye mu bukerarugendo, Singita, ndetse yashowemo miliyoni $20.

The Retreat by Heaven ni hoteli y’inyenyeri eshanu yafunguye imiryango mu 2011 ishingwa na Josh na Alissa Ruxin, abanyamerika bakomoka muri Israel. Ifite ibyumba 20 iherereye mu Kiyovu.

U Rwanda kandi rufite hoteli 22 z’inyenyeri enye na hoteli 66 z’inyenyeri eshatu.

Aya mahoteli ni yo akomeje guteza imbere umusaruro uva mu bukerarugendo kuko ari yo acumbikira abantu benshi serivisi zihatangwa zigatuma abashoramari baza kuhashora imari.

Mu 2025 amafaranga yinjijwe n’ubukerarugendo mu 2025 ni miliyoni 685$, avuye kuri miliyoni 647$ zari zinjijwe mu 2024. Aya angana n’izamuka rya 6%.

Umubare w’abasura u Rwanda na wo wazamutseho 9% ugera ku bantu miliyoni 1,49. Benshi muri aba basuye Pariki y’Igihugu y’Ibirunga ikunzwe kubera ingagi ndetse n’izindi pariki.

Umubare w’amafaranga u Rwanda rwinjije avuye mu nama, amamurikabikorwa n’amamurikagurisha ni miliyoni 94,7$, avuye kuri miliyoni 84,8$ zari zinjijwe n’ibi bikorwa mu 2024. Bingana n’izamuka rya 11%.

Muri rusange mu 2025, u Rwanda rwakiriye ibikorwa 165 biri ku rwego rw’akarere, Afurika n’Isi. Ababyitabiriye bacumbikiwe mu mahoteli atandukanye.

Hakiza ati “Twagiye dutera imbere. Imibare irabigaragaza. Uyu musaruro wavuye mu bukerarugendo ugaragaza inyongera kandi ntabwo usubira inyuma. Ibi bitubwira ko ari urwego rukomeje gutanga umusaruro ku bukungu bw’igihugu nko guhanga imirimo no gukurura ishoramari mpuzamahanga.”

Muri gahunda yo kwihutisha iterambere mu cyiciro cyayo cya kabiri (NST2), byitezwe ko mu 2029 ubukerarugendo buzinjiriza igihugu miliyari 1.1$.

Urwego rw’ubukerarugendo ruhanga imirimo myinshi kuko nko mu 2024 bwahanze imirimo ibihumbi 165, iyo turebye ababukoramo.

Iyo ni imirimo myinshi cyane kuko yihariye 10% by’imirimo yose ihangwa mu gihugu ibyara inyungu ukuyemo iy’ubuhinzi n’ubworozi.

U Rwanda rufite gahunda yo guhanga imirimo ibyara inyungu nibura miliyoni 1,25 ndetse buri mwaka hazajya hahangwa imirimo ibihumbi 250.

Hakiza ati “Uruhare rw’abikorera ni runini cyane muri iyi ntego. Nubwo Leta ishyiraho akayo, abikorera na bo bafite ishoramari rikomeye kuko twakira abantu mu buryo butandukanye kandi tuzakomeza guharanira iterambere ry’uru rwego.”

Hakiza yagaragaje ko uretse ibyo kandi abikorera banagira uruhare mu kwamamaza ubukerarugendo rw’u Rwanda binyuze mu mahuriro n’amamurikagurisha atandukanye.

Piscine ya Movenpick Hotel Kigali igira amazi ashyushye
The Pinnacle Kigali ni hoteli iri ku butaka bwa hegitari 3,2
Kimwe mu byumba 20 bya Retreat by Heaven
Retreat by Heaven iri mu Kiyovu yashinzwe na Josh na Alissa Ruxin yubatswe n'Abanyamerika bakomoka muri Israel
Retreat by Heaven iri mu Kiyovu
Retreat by Heaven ifite ibyumba 20
Ibyumba bya Singita Kwitonda Lodge iri hafi y'Ibirunga
Singita Kwitonda Lodge yubatswe n’Ikigo gikomeye mu bukerarugendo, Singita, ndetse yashowemo miliyoni $20
Ibyumba bya Singita Kwitonda Lodge biteye amabengeza
Kimwe mu byumba bya Radisson Blu Hotel & Convention Centre
Radisson Blu Hotel & Convention Centre yubatswe mu 2016 ifite ibyumba 291
One &Only Gorilla’s Nest yubatswe hagati mu biti
Radisson Blu Hotel & Convention Centre iri ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali
Imbere muri One &Only Gorilla’s Nest yo mu Kinigi mu Karere ka Musanze
One &Only Gorilla’s Nest yo mu Kinigi ifite ibyumba 21 bigezweho n’inzu zirindwi buri imwe iri ukwayo
Imbere muri One& Only Nyungwe House iba mu mahumbezi y'ibiti
Imbere muri One& Only Nyungwe House yubatswe mu 2010
One& Only Nyungwe House ni imwe muri hoteli zigezweho
One& Only Nyungwe House yubatswe mu 2010 ku bufatanye na Guverinoma y’u Rwanda
Imbere muri One& Only Nyungwe House iri muri Pariki ya Nyungwe
Imbere muri Magashi Camp, Akagera National Park
Magashi Camp, Akagera National Park ni yo ku rwego rw'inyenyeri eshanu
Magashi Camp, Akagera National Park yubatswe mu 2018 muri Pariki y’Akagera
Kigali Serena Hotel imwe muri hoteli zihagazeho za mbere u Rwanda rwagize kuko yubatse ahahoze Hotel de Diplomates, nyuma hubakwa Hotel Intercontinentale ari na yo yaje kuvamo Serena Hotel mu 2007
Bimwe mu byumba bya Kigali Serena Hotel ni uku bimeze
Kigali Marriott Hotel yubatswe mu Mujyi wa Kigali rwagati yafunguwe ku mugaragaro ku wa 4 Ukwakira 2016
Kigali Marriot Hotel ifite ibyumba 250 birimo ibyakira abantu bo ku rwego rwa Perezida
Kigali Marriott Hotel ni imwe mu z'inyenyeri eshanu u Rwanda rufite
Imbere muri Bisate Eco Lodge
Bisate Eco Lodge iri mu zikundirwa uburyo bwihariye yubatswemo
Bisate Eco Lodge yatashywe na Perezida Paul Kagame ku wa 1 Nzeri 2017
Bisate Eco Lodge iherereye mu Kinigi mu karere ka Musanze hafi neza na Pariki y’Ibirunga
Zaria Court Hotel mu gice cyo hejuru
Zaria Court Hotel iri mu zigezweho i Kigali
Aho abashyitsi baryama muri Zaria Court Hotel iherereye i Remera mu Mujyi wa Kigali
The Retreat by Heaven ni hoteli iherereye mu Kiyovu yafunguye imiryango mu 2011
One&Only Gorilla’s Nest ni hoteli y'inyenyeri eshanu
One&Only Gorilla’s Nest ni hoteli iherereye mu Kinigi mu nzira iri mu cyerekezo kigana mu birunga
Virunga Inn Resort iherereye mu Kinigi mu Karere ka Musanze
Movenpick Hotel Kigali ni imwe muri hoteli z'inyenyeri eshanu u Rwanda rwungutse vuba
M Hotel y'inyenyeri enye ni imwe mu zifasha mu kwakira abasuye u Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages