00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imbere muri Green Park Gahanga, ku gicumbi cy’igare rikinirwa mu misozi (Amafoto)

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 29 June 2023 saa 08:58
Yasuwe :

Umukino w’amagare ni umwe mu yo u Rwanda ruhanze amaso mu iterambere ryarwo by’umwihariko irishingiye ku bukerarugendo bwubakiye kuri siporo.

Uyu mukino ukinirwa mu bice bitandukanye birimo iyo mu muhanda n’iyo mu misozi. Mu Rwanda umenyerewe ni uwo mu muhanda [nka Tour du Rwanda 2023 n’andi marushanwa atandukanye] ariko kuri ubu n’uwo mu misozi umaze gushinga imizi.

Mu mpera z’umwaka ushize, ni bwo hakinwe Irushanwa ry’Amagare yo mu Misozi “Rwandan Epic” ku nshuro ya gatatu. Ryabereye mu bice birimo ibyo mu Mujyi wa Kigali, Amajyaruguru no mu Burengerazuba mu Ugushyingo 2022.

Mbere y’isiganwa nyirizina, hakinwe iryo kwishimisha aho abaryitabiriye bavuye kuri Kigali Convention Centre bagana kuri Green Park Gahanga muri Kicukiro, ku ntera y’ibilometero 25.

Green Park Gahanga ni agasozi gaherereye mu Mudugudu wa Kabeza, Akagari ka Kagasa, Umurenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro. Kari ku buso bwa hegitari imwe.

Ni ahantu hashyiriweho by’umwihariko gukinirwa amagare yo mu misozi ariko hakungahaye ku muco wa Kinyarwanda aho uhatembereye ahabona ibirangamateka bitandukanye birimo imiterere y’inzu gakondo, imikino yo hambere ndetse n’igezweho n’ibindi.

Green Park Gahanga ni ahantu hatunganyijwe ho kuruhukira no kwidagadurira binyuze mu mikino itandukanye. Ni wo mushinga wa mbere muri Kigali wahurije hamwe imikino iyobowe n’uw’amagare yo mu misozi [Mountain Bike].

Green Park Gahanga iri ku rwego rwo kwakira imyitozo y’abakinnyi b’amagare yo mu misozi ndetse ikaba yanakira amarushanwa arimo nka Rwandan Epic

Indi mikino ihabarizwa irimo Basketball, Badminton, Volleyball, Beach Volleyball, Igisoro, Beach Tennis, Table Tennis, Mini-Football, imyitozo ngororangingo ikorerwa muri gym tonic na siporo zo kuzamuka imisozi zikorwa hifashishijwe ‘escalier’.

Inzira y’amagare yatunganyijwe ku buryo ishobora kwakira imyitozo y’abakinnyi b’amagare yo mu misozi ndetse yanakira amarushanwa nka Rwandan Epic.

Mu bitekerezwaho harimo ko yakwagurwa ku buryo yakwakira nka Shampiyona Nyafurika yo gusiganwa ku magare mu misozi.

Mu 2014 ni bwo Ngarambe Jean Paul, washinze Green Park Gahanga, yagize igitekerezo cyo gushyiraho aha hantu. Yari agamije gutanga umusanzu we mu iterambere ry’umukino w’amagare yihebeye ariko akanashyira itafari ku gushyigikira ubukerarugendo bushingiye ku igare.

Yabwiye IGIHE ko “mu mikino yose ihabarizwa twahisemo guteza imbere uw’amagare yo mu misozi nk’ugomba guhagararira indi.’’

Muri Green Sports Park hatunganyijwe inzira yabugenewe yifashishwa n’abakina Isiganwa ry’Amagare yo mu Misozi, ireshya n’ikilometero kirenga kimwe.

Yakomeje ati “Muri uwo musozi hari inzira izajya inyuramo amagare [izwi nka Mountain Bike Trail], aho ababishaka bamanuka n’aho baterera bagana ku musozi.’’

“Iyo ufite iyo mikino yose ufata umwe nk’uhagarariye indi, twahisemo inzira y’amagare kuko ubu u Rwanda rutera imbere kandi ruhanze amaso ubukerarugendo bushingiye ku igare.’’

Ngarambe yavuze ko batekereje ku mukino w’amagare kuko ubu winjiriza igihugu amadovize.

Ati “Twaravuze ngo reka dufate umukino w’igare, tuwutunganye neza uzajye ukurura ba mukerarugendo.’’

U Rwanda rwatangiye guharura inzira yo guteza imbere amagare ndetse ni rwo ruzakira Shampiyona y’Isi y’Amagare mu 2025.

Green Park Gahanga iri ku musozi ufite ubusitani impande zawo zose ku buryo uhari aba ahumeka akayaga kabivaho.

Imyubakire y’inyubako ziyirimo yakozwe mu buryo butangiza ibidukikije bigendanye n’icyerekezo cy’igihugu n’Isi muri rusange. Umuriro ukoreshwa muri iyi pariki ni ukomoka ku mirasire y’izuba.

Muri Mutarama 2022 ni bwo Green Park Gahanga yafunguwe. Usibye ibibuga biyirimo, inafite inzu ndangamuco irimo ibikoresho gakondo byo mu Rwanda rwo hambere. Uhasuye kandi ashobora kubona aho aruhukira afata icyo kunywa n’amafunguro y’ubwoko butandukanye.

Igishushanyo mbonera cy’ubukerarugendo bw’u Rwanda mu myaka isaga 30 iri imbere kigaragaza ko bimwe mu bikorwa bizaba bibugize harimo n’imikino yo ku rwego mpuzamahanga.

Green Park Gahanga iherereye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro
Iyi nzira yifashishwa n'abatwara amagare yo mu misozi bakorera siporo muri Green Park Gahanga. Ni agahanda kanyura mu ishyamba aho abagakoresha bakanyuramo bazamuka
Ishusho y'igice cya Green Park Gahanga uyirebeye hejuru aho abantu bakirirwa
Inzira zinyuramo amagare yo mu misozi zaratunganyijwe ku buryo abazikoresha badashobora kuyoba
Hatunganyijwe mu buryo bunogeye ijisho kandi bubereye abakunda imikino itandukanye irimo gutwara amagare no kugenda n'amaguru
Inzira yatunganyirijwe by'umwihariko siporo y'amagare akinirwa mu misozi
Ngarambe Jean Paul, washinze Green Park Gahanga, asobanurira umunyamakuru wa IGIHE imiterere y'aka gace kashyiriweho guteza imbere amagare yo mu misozi
Green Park Gahanga ifite umwihariko wo kuba ari wo mushinga wa mbere mu Mujyi wa Kigali wahaye agaciro umukino w'amagare yo mu misozi
Dore uburiri bwa gisirimu bwo hambere uko bwabaga buteye
Mu bikoresho biri muri iyi nzu harimo icumu n'ingabo, byerekana ubwirinzi bwakoreshaga hambere mu gihe habaye ibitero ku gihugu. Icumu ryifashishwa mu kurasanira igihugu, ingabo ikaba iyo kukirinda
Ibikoresho by'umuziki gakondo birimo inanga na byo biri muri iyi nzu
Ikaze imbere mu nzu ya Kinyarwanda aho ushobora kwigira ibyihariye ku bikoresho yifashishwaga n'abakurambere batandukanye
Amatara ari muri izi nzu ni amwe ya kera yakoreshwaga na peterori. Yerekana urugendo rwo kwiyubaka k'u Rwanda uko imyaka igenda yicuma
Urusyo ni kimwe mu bikoresho byifashishwaga hambere
Muri Green Park Gahanga hari n'inzu zubatse mu buryo bwa Kinyarwanda mu kwerekana umuco wo hambere
Muri iyi nzu harimo ibikoresho byo hambere nk'umuvure wengerwagamo umutobe, ukanatarwamo inzoga
Ibikoresho byayishyizwemo birimo imivure, ingoma z'ubwoko butandukanye, byerekwa abayisura imibereho y'Abanyarwanda bo hambere n'ibyo bifashishaga
Muri izi nzu harimo n'ibitabo ubishaka ashobora gusoma. Byiganjemo ibyanditswe n'Abanyarwanda
Ibishushanyo bibereye ijisho ushobora kubisanga muri iyi nzu
Ibishushanyo biri muri iyi nzu ya Kinyarwanda na byo byiganjemo ibyerekana ubuzima bw'Abanyarwanda bo hambere
Intore zahawe ijambo mu bihangano bimanitse mu nzu ya Kinyarwanda
Ibikoresho birimo imbehe, ibiseke, uducuma, inkongoro biri mu bibarizwa mu nzu ya Kinyarwanda iri muri Green Park Gahanga
Ibikoresho byaterekwaga ku gatara kabugenewe nk'uko bigaragara kuri iyi foto
Usuye iyi nzu, asobanurirwa byimbitse buri gikoresho n'akamaro kacyo mu muco Nyarwanda
Iyi pariki ifite inzu ndangamuco irimo ibikoresho gakondo byo mu Rwanda rwo hambere
Mu bikoresho biri muri iyi nzu harimo isekuru yifashishwaga mu gusekura ibirimo isombe, imyubati ndetse n'ibindi birimo inkono n'utubindi
Ibisabo, inkoko biri mu bikoresho byifashishwaga mu Rwanda rwa kera
Imyubakire y'inzu ya Kinyarwanda igaragaza ishusho nyayo y'uburyo kera bubakaga
Abakunzi ba Beach Volleyball bashyizwe igorora
Abashaka gukina barabimenyekanisha, bakagenerwa igihe ikibuga gishobora kubonekera
Abakeneye ikibuga kirimo umucanga ntibibasaba kujya ku mazi, n'i Gahanga bakihabona
Muri iyi pariki hubatswe mu buryo bubungabunga ibidukikije
Ibikoresho biri muri aka gace byiganjemo ibikoze mu biti
Usibye kuhakinira, abantu bashobora no kuhasura bakahaganirira ibyubaka
Hari ikibuga cya Basketball gifasha abakunzi bayo kubona aho bakinira
Iki kibuga wakigereranya na Mini-Basketball, aho abakina baba batsinda mu gakangara kamwe
Igisoro kiri mu mikino yaheshejwe agaciro muri Green Park Gahanga
Umukino wo kubuguza igisoro uri mu imaze igihe ikinwa mu Rwanda
Umukino wa 'dame' na wo ntiwasigaye kuko abakunzi bawo bashyizwe igorora
Table Tennis ni umwe mu mikino ikinwa n'abagenderera Green Park Gahanga
Ikibuga gikinirwaho Table Tennis ni uku kiba giteye
Mu gukina Table Tennis hifashishwa ibikoresho bisanzwe bikoreshwa n'abakina Tennis
Intebe zashyizwe muri Green Park Gahanga ziganjemo izikoze mu biti
Iyi pariki ifite ubusitani burimo ibiti n'indabo zitohereye zituma uhari agerwaho n'akayaga keza
Green Park Gahanga ni ahantu habereye abashaka kwidagadura no kuruhuka nyuma y'akazi kenshi
Hubatse mu buryo bubungabunga ibidukikije kuko mu bice byaho byose hari indabo n'ibiti bitoshye
Beach Tennis ni umwe mu mikino myinshi ikinirwa muri Green Park Gahanga
Abamaze gukina Beach Tennis baba bafite aho baruhukira
Mu gusakara nyinshi mu nzu ziri muri Green Park Gahanga hakoreshejwe ubwatsi bw'inshinge
Imyubakire ijyanye n'igihe mu kutangiza ibidukikije
Mu 2014 ni bwo Ngarambe Jean Paul, nyiri Green Park Gahanga, yatangiye gushyira mu bikorwa umushinga wo kubaka ahantu ho kwidagadurira no kuruhukira binyuze mu mikino itandukanye
Hari n'ahantu hisanzuye abantu bashobora kwicara bakahaganirira
Uri muri Green Park Gahanga aba yitegeye udusozi dutandukanye twa Kigali no kwambukiranya uduce tuyikikije
Amatara yifashishijwe muri Green Park Gahanga agaburirwa umuriro uva ku mirasire y'izuba
Hanateganyijwe aho abantu bafatira icyo kunywa n'amafunguro mu gihe bamaze gukina cyangwa bahasohokeye
Ibinyobwa by'ubwoko butandukanye ushobora kubihasanga
Abakunzi ba ruhago na bo batekerejweho, bashyirirwaho ikibuga gikinirwamo 'mini-football'

Rwandan Epic yasoje umwaka wa 2022 yaganuriwe muri Green Park Gahanga

Ubwo hatangizwaga "Rwanda Epic 2022" hanakinwe imikino itandukanye irimo Beach Volleyball
Makuza Bernard wabaye Minisitiri w'Intebe na Perezida wa Sena asanzwe ari umukunzi w'umukino w'amagare. Ni umwe mu baganuye kuri Green Park Gahanga
Muri Green Park hubatse ingazi zishobora kwifashishwa n'abasiganwa ku magare mu misozi n'iyo abakora siporo yo gutondagira imisozi 'hiking' bashobora kwifashisha
Igare ryo mu misozi rimaze gushinga imizi mu Rwanda ndetse abarikina biyongera umunsi ku wundi

Amafoto: Ntare Julius


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages