Ni igikorwa cyabaye ku wa 16 Nyakanga 2025, cyitabirwa n’abanyeshuri baturutse muri kaminuza zigera kuri zirindwi zigisha ibifite aho bihuriye n’amahoteli n’ubukerarugendo n’abahoze ari abakozi ba Hotel Umubano.
Umuyobozi Mukuru wa Mövenpick Kigali Hotel, Umulisa Médiatrice, yavuze ko iki gikorwa kigamije kubafasha guhitamo abakozi bazayifasha mu gutanga serivisi zitandukanye.
Yavuze ko ari n’umwanya mwiza wo gufasha abanyeshuri bize ubukerarugendo n’amahoteli bashaka kwijira mu kazi.
Ati “Turifuza guha umwanya abakiri bato tukabigisha ndetse tukabaha n’umwanya kugira ngo bagire umusaruro batanga.”
Umulisa yongeyeho ko abazatoranywa mu banyeshuri 140 bitabiriye, bazabanza guhabwa amahugurwa kugira ngo batangire akazi bafite ubumenyi bukenewe ku isoko ry’umurimo.
Umwe mu banyeshuri bitabiriye iki gikorwa witwa Uwimpuhwe Melissa, yavuze ko aya ari amahirwe akomeye babonye nk’abanyeshuri biga ibijyanye n’amahoteli n’ubukerarugendo, agaragaza ko nibatoranywa bazayabyaza umusaruro.
Ati “Iyi hoteli y’inyenyeri eshanu igiye gutangira gukora, ni amahirwe tubonye nk’abanyeshuri bakiri bato, icyo tugomba gukora ni tugira amahirwe yo gutoranywa bizaba ari umwanya kwigaragaza no kwigira ku bari mu mwuga natwe tugatanga umusanzu mu bijyanye mu bijyanye n’ubukerarugendo n’amahoteri.”
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Nkulikiyinka Christine, yashimye umusanzu w’urwego rw’amahoteli n’ubukerarugendo mu iterambere ry’igihugu, asaba ibigo by’igenga gushyira imbaraga mu kuzamura abakiri bato.
Ati “Urwego rw’amahoteli n’ubukerarugendo rugira uruhare rukomeye mu iterambere ry’igihugu haba mu bukungu no guhangira imirimo urubyiruko, turasaba abakiri bato rero kubyaza ayo mahirwe umusaruro bakagaragaza impano no kurangwa n’ubunyamwuga mu byo bakora.”
Mövenpick Kigali Hotel iherutse kwagurwa iva ku byumba 100 yari ifite, bigera ku 124 harimo n’ibigenewe abantu biyubashye.
Iyo hoteli kandi yavuye ku nyenyeri eshatu yari ifite ikitwa Hotel Umubano igera kuri eshanu.
Biteganyijwe ko izafungurwa igatangira ibikorwa byayo muri Nzeri 2025. Izatangirana abakozi bagera kuri 160.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!