Rusizi ihana imbibi n’ibihugu bibiri birimo u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Imiterere y’aka karere ituma benshi mu bagatuye bakora ubucuruzi n’abaturanyi babo ku buryo hari abakita ak’ubushabitsi kubera ubwo buhahirane bwambukiranya imipaka n’ubuhinzi bugamije ubucuruzi.
Rusizi ni kamwe mu turere twatoranyijwe ku ikubitiro muri dutandatu twunganira Umujyi wa Kigali. Kari muri turindwi tugize intara y’Iburengerazuba. Kagizwe n’imirenge 18, utugari 93 n’imidugudu 586.
Umujyi wako ni Kamembe. Kuva hambere wabarizwagamo Umurenge wa Kamembe n’igice gito cya Mururu na Gihundwe mbere yo kwagurwa ukanagera mu Mirenge ya Giheke na Nyakarenzo.
Mu mfuruka z’uyu mujyi hubatswe ibikorwaremezo birimo imihanda ya kaburimbo yoroshya imigeranire, imihanda iracanirwa ndetse hagenda hatekerezwa indi mishinga igamije gufasha abaturage kwiteza imbere.
Kuva mu 2022, Umujyi wa Kamembe wazamuwemo byihuse inyubako nyinshi zirimo izasanwe nyuma yo guhabwa ibyangombwa byo kuvugurura ndetse n’izubatswe nshya zijyanye n’icyerekezo cyawo nk’ugwa mu ntege uwa Kigali.
Hambere uwageraga muri uyu mujyi yabonaga inzu z’ubucuruzi ziganjemo izishaje, bivugwa ko zubatswe kera n’Abarabu bageze i Kamembe mu gihe cy’abakoloni.
Impinduka ziri i Rusizi zikora mu mfuruka zitandukanye z’ubuzima bw’umuturage aho agera kuri serivisi zitandukanye nk’iz’ubuvuzi, iz’imari n’ibindi.
Ku rundi ruhande ariko hari ibigikeneye imbaraga zaba iza Leta n’iz’abikorera mu guhaza ibyifuzo by’abaturage nko kugerwaho n’amazi meza.
Rusizi ifite umwihariko wo kuba ifite ibyiza nyaburanga bishobora gukurura ba mukerarugendo kubera amateka akomeye n’igisobanuro bifite ku Banyarwanda.
Ni ko karimo Urugo rw’aho Umwami Yuhi V Musinga yabaye mbere yo guciribwa i Moba; Umusozi w’Ibanga ry’Amahoro uteraniraho ibihumbi by’abakirisitu; aho ADEPR yaboneye izuba; Ikibuga cy’Indege cya Kamembe cyabaye icya mbere mu Rwanda; Pariki ya Nyungwe n’Ishyamba rya Cyamudongo; Ikiyaga cya Kivu gifite ubwiza gikesha uburobyi bukiberamo n’ibirwa birimo Nkombo, Ishywa na Gihaya bikibarizwamo ndetse n’Amashyuza ari mu Kibaya cya Bugarama.
Aka gace kandi kazwiho kuba isoko y’amashanyarazi ava mu Mugezi wa Rusizi, agaburira ibihugu byo mu Muryango w’ibihuriye ku Biyaga Bigari (CEPGL).
Ni akarere kera ibihingwa bitandukanye ariko kahaye umwihariko umuceri wo mu Bugarama, icyayi cya Shagasha, kawa, imbuto zinyuranye zirimo imyembe n’amaronji, urutoki, ibigori, ibishyimbo, imyumbati n’ibindi.
I Rusizi kandi hashyizwe ingufu mu bworozi cyane cyane ubw’inka, ihene, inkoko, inkwavu n’ingurube. Bwiyongeraho ubw’amafi n’isambaza byo mu Kivu.
Mu rwego rw’inganda, Rusizi ifite Uruganda rukora Sima rwa CIMERWA, Uruganda rutunganya Icyayi rwa Shagasha, Uruganda rwa Nyiramugengeri rwa Gishoma mu gihe hari n’into nk’izitonora kawa 16 n’izitunganya umuceri zirenga eshanu.
Akarere ka Rusizi korohereje abashoramari kubona ubutaka bwo kubakamo ibikorwaremezo no gushyiramo imishinga itandukanye ituma karushaho gutera imbere.
Kuri ubu hari inyubako ziganjemo iz’amahoteli mashya ari kubakwa hafi y’Ikiyaga cya Kivu ahazwi nko Ku Bagore.
Iyi mishinga yiyongeraho ku yindi migari yo kubaka imihanda irimo nk’uhuza Gihundwe na Busekanka mu cyerekezo kigana ku Nkombo, uzatangirana n’ingengo y’imari ya 2023/2024. Kuri ubu hatangiye no kubakwa Icyambu cya Rusizi kiri kiri kubakwa mu Budiki.
Mu bijyanye na serivisi z’ubukerarugendo, abasura Rusizi bafite amahitamo menshi y’aho bashobora gucumbika, aho gufatira amafunguro cyangwa ka kawa. Ubu habarurwa hotels 28, motel umunani na restaurants zirenga 20.
Kivu Marina Bay ni yo iyoboye izindi n’inyenyeri enye; iziyikurikira zirimo Emeraude Kivu Resort, La Classe Hotel, Vive Hotel & Appartments, Centre Diocésain de Pastorale Incuti, Progress Hotel n’izindi.
Mu marembo y’Akarere ka Rusizi uvuye muri Nyamasheke
Kamembe, Umujyi wa Rusizi watangiye kuvugururwa
Cité y’i Kamembe yararimbishijwe
Kacyangugu ni agace karimo inzego z’ubutegetsi n’iz’ubucamanza
Rusizi imaze gukungahara kuri hoteli, ubu ifite izigera kuri 28
Marina Bay irayoboye
Hari izindi hoteli zimaze gushinga imizi i Rusizi
Ubukerarugendo nyobokamana buhafite imizi
Ikibuga cy’Indege cya Kamembe kiri mu bifite amateka mu Rwanda
Umugezi wa Rusizi utandukanya Rusizi na Bukavu ya RDC, ni isoko y’amashanyarazi
Ikiyaga cya Kivu mu byiza nyaburanga bitatse Rusizi
Inyubako ziganjemo iza hoteli ziri kubakwa ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu
Icyambu cya Rusizi cyatangiye kubakwa
Amafoto ya IGIHE: Iraguha Jotham



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!