00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tumenye Akarere ka Keerbergen mu Bubiligi, aho Umwami Mutara III Rudahigwa yaguze isambu

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 11 October 2025 saa 07:19
Yasuwe :

Keerbergen ni umujyi muto uherereye mu Ntara ya Flandre mu Bubiligi, ukaba mu Karere ka Vlaams-Brabant, ahantu hatuwe n’abanyemari benshi kubera amateka yawo.

Ubwo nari ndi mu ndege ya RwandAir nerekeza mu Bubiligi, mvuye mu Rwanda muri Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025 yabereye i Kigali, naganiriye n’umugabo w’Umubiligi Peter De Vocht na we wari uvuye gusura u Rwanda no gukurikirana iri rushanwa ryari ribereye bwa mbere ku Mugabane wa Afurika.

Mu kuganira, yahise ambwira ko amfitiye amakuru yerekeranye n’amateka y’iwacu mu Rwanda.

Yambwiye ko amfitiye amateka y’umwihariko ku Mwami Mutara III Rudahigwa watwaye u Rwanda ndetse anansaba ko niba nshaka kuzayamenya nazamusura akayansangiza.

Sinatinze kumusura, ni bwo nerekezaga mu Mujyi wa Keerbergen. Mu rugendo rwanjye twahereye ku nyandiko yashyizwe mu biro bikuru bya Komini cyangwa by’Umujyi wa Keerbergen aho Mutara III yagizwe umuturage w’icyubahiro w’aka Karere.

Muri ako gace kandi yanyeretse kiliziya Umwami Mutara III Rudahigwa n’Umwamikazi basengeragamo.

Twakomeje gutembera mu bice bitandukanye by’aho Mutara III n’Umwamikazi batembereraga ubwo bari muri ako gace mu 1956, ari naho hagiye hafatirwa amwe mu mafoto akunze kugaragaza uyu mwami.

Ahandi twasuye ni ahari imihanda yitiriwe Mutara III, nk’uwitwa Mwami-Mutaradreef, hakaba n’indi yitiriwe u Rwanda (Ruandadreef).

Ahandi nasuye ni hoteli Umwami n’Umwamikazi babagamo, uko bazaga muri Keerbegern, iherereye ahantu hatuje, n’ubu kandi ikaba ari inzu igendwamo n’abantu bihagazeho.

Urugendo kandi rwakomereje ku isambu y’Umwami Mutara III Rudahigwa yaguze muri ako Karere.

Ni isambu yagutse, irimo ibiti byiza. Mutara III yari yarayihisemo ngo azahubake inzu azajya abamo mu gihe azaba agiye mu Bubiligi ndetse n’abo mu muryango we bashoboraga kubamo bagiye nko kwiga.

Ntibyakunze ko Umwami Mutara III Rudahigwa agera ku cyifuzo cye cyo kubaka inzu, ubutaka buza kujya mu maboko y’ubuyobozi bw’Umujyi wa Keerbegern.

Kuri ubu iyo sambu yagizwe ahantu hihariye hagaragaza amateka kandi hafatwa nk’ahantu kimeza.

Peter De Vocht yanyeretse ko aha ari hantu hafasha abaturage b’aka Karere kubona ibiti bya kimeza n’ahantu heza hari umwuka mwiza kandi ufasha abahasohokeye kuruhuka neza.

Mutara III Rudahigwa Charles Léon Pierre yabaye Umwami w’u Rwanda kuva mu 1931 kugeza tariki 25 Nyakanga 1959 ubwo yatangiraga mu Mujyi wa Bujumbura mu Burundi afite imyaka 48.

Ubu iyo sambu yagizwe ahantu hihariye hagaragaza amateka kandi hafatwa nk’ahantu kimeza (réserve naturelle)
Hoteli Umwami n’Umwamikazi babagamo, uko bajyaga muri Keerbegern, iherereye ahantu hatuje, n’ubu kandi ikaba ari inzu igendwamo n’abantu bihagazeho
Umubiligi Peter De Vocht yadutembereje mu gace ka Keerbergen ko mu Bubiligi, aho Umwami Mutara III Rudahigwa yakunze akanahagura isambu
Mu Bubiligi hari umuhanda witiriwe Umwami Mutara III Rudahigwa
Umuhanda witiriwe u Rwanda
Muri aka gace hari imihanda yitiriwe Mutara III, nk’uwitwa Mwami-Mutaradreef, hakaba n’indi yitiriwe u Rwanda (Ruandadreef)
Peter De Vocht yasobanuye amateka y’umwihariko ku Mwami Mutara III Rudahigwa n’Umwamikazi mu karere akomokamo babayemo mu 1955
Keerbergen ni umujyi muto uherereye mu Ntara ya Flandre, mu Bubiligi, ukaba mu Karere ka Vlaams-Brabant
Kiliziya Umwami Mutara III Rudahigwa n’Umwamikazi basengeragamo mu Bubiligi
Isambu yagutse, irimo ibiti byiza. Mutara III Rudahigwa yari yarayihisemo ngo azahubake inzu, azajya abamo mu gihe azaba agiye mu Bubiligi ndetse n’abo mu muryango we bashoboraga kubamo bagiye nko kwiga

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages