Izo zasanze izindi ebyiri zisanzwe. Izi hoteli zose zifite ibyumba zifite ibyumba 213, ibica amarenga yo kubyaza umusaruro umwihariko aka karere gafite wo kwiharira 50% by’amazi y’Ikiyaga cya Kivu.
Izi hoteli na lodge ziganje mu mirenge itanu y’aka karere. Mu Murenge wa Boneza habarurwa hoteli zirindwi, Umurenge wa Ruhango ukabarurwamo eshatu, Umurenge wa Mushubati ubarurwamo ebyiri, Umurenge wa Gihango ubarurwamo enye mu gihe uwa Kigeyo ufite hoteli ebyiri.
Hoteli ebyiri zubatswe mbere ya 2017 zirimo iyubatse mu Murenge wa Mushubati isanzwe ari iy’akarere n’indi imwe iri mu Murenge wa Boneza yitwa ‘Rushel Kivu Lodge’ ya Nyiramirimo Odette ari na yo ifite icyumba gihenze muri aka Karere cyishyurwa 200$.
Mutsinzi Evariste wubatse Amara Kivu Beach Hotel mu Murenge wa Boneza mu kiganiro na IGIHE yavuze ko yifuzaga kubaka hoteli mu Rwanda ariko atarabona ahantu heza.
Ati “Igitekerezo cyo kubaka hoteli nari nkimaranye igihe kinini, ariko narabuze ahantu heza kandi hari ku mazi. Ngeze mu Murenge wa Boneza mbona ni heza cyane, habereye ubukerarugendo.”
Nyuma yo kuhakunda batangiye ibijyanye n’umushinga nyakuri w’iyi hoteli. Batangiye kugura ubutaka mu mwaka wa 2020, mu bihe bya Covid-19 birabagora ariko ntibacika intege, ibikorwa byo kubaka babitangira nyuma. Hoteli yuzuye mu mwaka wa 2024.
Yakomeje avuga ko hoteli ifite ibyumba 10 byiza kandi byose bifite umwihariko wo kuba byitegeye amazi y’Ikiyaga cya Kivu, igikoni na restaurant bijyanye n’icyerekezo cy’igihugu.
Umuyobozi w’ishami ry’ubucuruzi n’iterambere ry’umurimo mu Karere ka Rutsiro, Ndungutse Eugene yabwiye IGIHE ko bishimira iterambere ry’ubukerarugendo bagezeho, ndetse muri NST2 bafite umuhigo wo kuzuza izindi hoteli enye mu Murenge wa Boneza.
Ati “Iterambere mu bijyanye n’amahoteli ririvugira, kandi kugeza 2029 hazaba huzuye izindi nshya enye muri Boneza, kuko akarere kacu kabumbatiye amahirwe menshi akwiriye gushorwamo imari, dufite amazi y’Ikiyaga cya Kivu ku kigero cya 50%, Pariki ya Gishwati-Mukura na byo bikurura ba mukerarugendo.”
Urwego rw’ubukerarugendo ni rumwe mu zitera imbere mu buryo bwihuse, bigaragarira mu mubare w’abasura igihugu mu bihe bitandukanye.
Imibare igaragaza ko mu 2024/2025 u Rwanda rwakiriye abashyitsi miliyoni 1,15, mu gihe ubukerarugendo bwinjirije igihugu miliyoni 649$, intego ni uko ayo mafaranga agomba kuzaba ageze kuri miliyari 1$ mu 2029.
Imibare y’Ishami ry’Ubukerarugendo mu Rugaga rw’Abikorera, PSF, igaragaza ko iterambere ry’u Rwanda riri kujyana no kwiyongera k’umubare w’ibyumba by’amahoteli hirya no hino mu gihugu, aho mu 2024 byari bimaze kugera ku bihumbi 25, intego ikaba kugera ku byumba by’amahoteli ibihumbi 35 mu myaka ine iri imbere.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!