Kuri uyu munsi tariki ya 22 Kamena, mu Kinigi harimo kubera umuhango wo kwita izina abana b’ingagi 12. Uyu muhango witabiriwe n’abantu batari bake nk’uko bisanzwe. Ubu ni ku nshuro ya cyenda iki gikorwa kibaye.
Kurikirana amashusho y’uyu muhango LIVE kuri IGIHE.TV http://igihe.tv/
Minisitiri w’Intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi ari kugeza ijambo ku bitabiriye uwo muhango
Mu gice cya mbere cy’umuhango wo kwita ingagi hiswe amazina umuryango w’ingagi wa Karisimbi. Uwise izina ni uwitwa Washington.
Umwana wambere w’ingagi yiswa Icyamamare, indi yitwa Inyungura, naho indi yitwa Abasore.
Ibi birori byasusurukijwe n’abahanzi Rafiki, Dr Claude, Knowles Butera, King James n’abandi.
Umuyobozi ushyinzwe ibidukikije mu ishami rya Loni ari mu bitabiriye uyu muhango, aho nawe yambaye imyenda ya Kinyarwanda (Umukenyero n’Umyitero).
Hari urujya n’uruza rw’abantu mu Kinigi bitabiriye ibirori byo Kwita abana b’ingagi 12.
Hari kandi abanyamakuru benshi bitabiriye ibi birori, baba Abanyarwanda n’abanyamahanga baturutse imihanda yose.
Umuhanda n’inkengero z’aka gace ko mu Kinigi zuzuye ibyapa bigaragaraza ingagi biri ahantu hose. Abaturage bitabiriye ibirori nabo ni benshi cyane ku buryo abenshi babuze imyanya yo kwicaramo.
Umushyitsi mukuru muri uyu muhango ni Minisitiri w’Intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi.
Mu cyiciro cya kabiri cyo kwita izina abana b’ingagi icyenda : Mu bise amazina harimo umwe mu banyamakuru ba Mombai batemberye i Kibeho, harimo na Senateri wa Kenya, n’umunyamerika wo muri Kaminuza ya Colombia, n’umukinnyi wa Filimi muri Nigeria, umuyobozi ushyinzwe kubungabunga ubutaka muri Kenya n’abandi batandukanye.
Ingagi ziswe aya mazina:
- Isimbi
- Ingamiya
- Icyororo
- Fasha
- Icyororo
- Imigano
- Iraje
- Ubukerararugendo
- Ganza
- Ikigega
Amwe mu mafoto
Amafoto/Faustin Nkurunziza



















TANGA IGITEKEREZO