00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abayobozi b’ibigo by’imari iciriritse muri Zimbabwe bari mu rugendoshuri mu Rwanda

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 19 August 2025 saa 04:05
Yasuwe :

Abayobozi batandukanye b’ibigo by’imari iciriritse mu Rwanda, basobanuriye bagenzi babo bo muri Zimbabwe bari mu rugendoshuri mu Rwanda, byinshi ku mikorere ya serivisi z’imari mu Rwanda, nyuma y’uko bigaragaye ko rwateye intambwe igaragara mu guteza imbere serivisi z’imari.

Ni urugendoshuri ruzamara iminsi ibiri. Rwatangiye ku wa 18 Kanama 2025, aho aba bayobozi basobanuriwe n’abagize Ihuriro ry’Ibigo by’Imari Iciriritse mu Rwanda (AMIR) uburyo u Rwanda rwimakaje gukoresha ikoranabunga muri serivisi z’imari, gukorera mu mucyo, no kugeza ku Baturarwanda bose serivisi z’imari.

Umuyobozi Mukuru wa Zambuko Trust Microfinance, ikigo cy’imari cyo muri Zimbabwe, Lorraine Thondhlana, yavuze ko bimwe mu byatumye bakora urugendoshuri mu Rwanda ari uburyo mu nama iheruka ihuza abayobozi b’ibigo by’imari muri Afurika yabereye muri Zimbabwe muri Kamena 2025, banenejejwe n’intambwe u Rwanda rwateye muri uru rwego cyane cyane ku bijyanye n’ikoranabuhanga.

Yagize ati “Twishimiye ndetse dutungurwa n’uburyo u Rwanda rukoresha ikoranabuhanga muri serivisi z’imari, kandi bigakorwa mu mucyo. Twe iwacu ibyo ntiturabigeraho kuko usanga abantu bagitonda imirongo ku bigo by’imari kugira ngo babone serivisi bashaka, rero urebye niyo mpamvu turi hano.”

Mu 2024, raporo ya FinScope yagaragaje ko mu Rwanda, 96% by’abaturage bagerwaho na serivisi z’imari.

Iyi raporo igaragaza ko abakoresha serivisi z’imari z’ibigo byanditse nka banki n’ibigo by’imari iciriritse bagera kuri 92%, mu gihe abakoresha uburyo butanditse ari 4%.

Abakoresha izi serivisi z’imari binyuze kuri telefone, ibizwi nka Mobile Money, iyi raporo igaragaza ko muri uwo mwaka bageze kuri 86% bavuye kuri 62% bariho mu 2020.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, Kabera Godfrey, yavuze ko u Rwanda rwabonye kare amahirwe ari mu kwegereza serivisi z’imari abaturage.

Ati “U Rwanda rwamenye kera ko kugeza ku bantu bose serivisi z’imari ari rwo rufunguzo rw’iterambere, kuko bifasha abantu guhangana n’ibibazo bitandukanye, gutangira ubucuruzi, ndetse no kwiteza imbere.”

Umuyobozi Mukuru wa Umwalimu Sacco, Laurance Uwambaje, yavuze ko hari byinshi umuntu yakwigira ku Rwanda kuko bakoze ibishoboka ngo uru rwego rw’imari rugere aho rugeze.

Ati “Hari byinshi bakeneye kumenya, nk’ubu barimo batubaza uburyo tumenya amakuru y’umuntu wese ufite inguzanyo mu Rwanda ku buryo aho umuntu agiye hose gufata indi nguzanyo, babasha kumenya ngo afite inguzanyo iteye itya mu kindi kigo cy’imari, ese ayishyura ate? Ku buryo nujya kumuha inguzanyo umenya icyo ugenderaho.”

Umuyobozi Mukuru wa AMIR, Kwikiriza Jackson, yavuze ko uru rugendoshuri rutazagirira akamaro Abanya-Zimbabwe gusa, ahubwo n’u Rwanda ruzagira icyo rubigiraho.

Ati “Ibi ntabwo ari ku nyungu zabo gusa, ahubwo natwe hari icyo turi bwigireho, kuko turasangira ibitekerezo, ubunararibonye ndetse no mu mikoranire, bitume turushaho kugera heza kurushaho.”

Kugeza ubu mu Rwanda habarurwa ibigo by’imari birenga 455 byanditse, muri byo 90% bibarizwa muri AMIR.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y'Imari n'Igenamigambi, Kabera Godefrey, yavuze ko u Rwanda rwabonye kera akamaro ko kwegereza abaturage serivisi z'imari
Umuyobozi Mukuru wa AMIR, Kwikiriza Jackson, yavuze ko uru rugendoshuri nabo bazarwigiraho byinshi birimo kongera imikoranire hagati n'ibihugu byombi
Abayobozi batandukanye b'ibigo by'imari iciriritse bo muri Zimbabwe, bari mu rugendoshuri mu Rwanda ku mikorere y’urwego rw’imari

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages