Ni ishami ryafunguwe mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Masaka, Akagari ka Gako, Umudugudu wa Cyugamo. Byakozwe ku 30 Kamena 2025.
Iri shami ryatangiranye abakozi batanu barimo abashinzwe serivisi zisanzwe zo kubitsa no kubikuza, abashinzwe inguzanyo no gusesengura imishinga ndetse n’umuyobozi w’ishami.
Umuyobozi Mukuru wa Duterimbere IMF Plc, Alphonse Ngabonziza, yavuze ko iri shami ryafunguwe ku busabe bw’abaturage batuye muri aka gace, bavugaga ko bagorwa no gushakira serivisi zabo mu Mujyi wa Kigali rwagati, kuko ari ho hari amashami abegereye.
Ati “Aka ni agace kari gutera imbere ariko byagaragaye ko ibigo by’imari bikarimo bikiri bike. Ni muri urwo rwego twaje kwegereza serivisi zacu abaturage bahatuye kugira ngo babashe gukomeza kwiteza imbere.”
Mukamana Jeannette usanzwe akorana na Duterimbere IMF Plc yavuze ko ubusanzwe yagorwaga no gushaka serivisi z’iki kigo kuko byamusabaga kujya mu Mujyi wa Kigali, ibyatumaga ubucuruzi bwe butagenda neza.
Hari igihe yakeneraga amafaranga bikaba ngombwa ko abifatira umunsi kugira ngo ajye aho ishami rindi riri, bikamutwara umwanya.
Yagize ati “Natangiye nshuruza gas gusa, ariko aho mboneye inguzanyo ya Duterimbere IMF Plc ubu nsigaye narashyizemo na ‘quincaillerie’. Ubu rero kuko najyaga gushakira serivisi zabo mu mujyi bigiye kunyorohereza ubucuruzi kuko zije hafi yanjye.”
Duterimbere IMF Plc ni ikigo cy’imari iciriritse gifite umwihariko wo guha serivisi z’imari abagore, kibaha inguzanyo zifite inyungu nto kandi bakayihabwa mu gihe gito kingana n’iminsi irindwi.
Amafoto: Munyemana Isaac



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!