00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

BNR yakajije amabwiriza nyuma y’ihungabana rya serivisi ryabaye kuri BPR Bank

Yanditswe na Rabbi Malo Umucunguzi
Kuya 30 March 2023 saa 09:16
Yasuwe :

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yakajije amabwiriza agenga uburyo banki zimura serivisi z’ikoranabuhanga zikoresha, nyuma y’ihungabana ryabaye kuri BPR Bank mu minsi ishize, nubwo ibi bibazo byose byamaze gukemurwa.

Muri Gashyantare nibwo BPR Bank Rwanda Plc yavuguruye ikoranabuhanga ikoresha muri serivisi zayo, mu guhuza iyahoze ari Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR Plc ) na KCB Bank Rwanda Ltd, nyuma yo kugurwa na KCB Group.

BPR Bank Rwanda Plc yahise iva ku ikoranabuhanga rya Temenos 24 Release 12 ryakoreshwaga mu yahoze ari BPR na Temenos 24 Release 14 mu yahoze ari KCB Rwanda, yimukira ku ikoranabuhanga rihuriweho kandi rigezweho rya Temenos 24 Release 21, rihuriza hamwe amakuru y’abakiliya bose.

Guhuza no kuvugurura ikoranabuhanga byamaze gukorwa ndetse ikoranabuhanga rishya ryatangiye gukoreshwa muri serivisi za BPR Bank Rwanda Plc ku wa 23 Mutarama 2023.

Icyakora haje kugaragara imbogamizi mu kugera kuri serivisi zimwe na zimwe ndetse n’imwe mu miyoboro ya banki, ziza gukemurwa buhoro buhoro.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa, kuri uyu wa Gatatu yavuze ko ibyabaye kuri BPR byabaye isomo ku buryo bwo kugenzura amavugurura y’ikoranabuhanga.

Yagize ati "Nacyo cyatubereye nk’isomo, ntabwo twabahannye kuko nabo ni nk’ibintu byabagwiririye, ariko icyo byatwerese ni uko mbere y’uko hagira ivugurura rikorwa, hari ibintu ugomba gukurikirana ukareba ko byose byakozwe neza, byujujwe, mbere y’uko wemera ko habaho iyo mpinduka."

Yavuze ko basanze muri muri BPR barahuje ‘systems’ nk’eshatu, bazishyiriraho icya rimwe, imwe iraza igonga izindi, bitera ibibazo.

Yakomeje ati "Rero ni byiza ko byakagombye gukorwa mu byiciro, imwe ikabanza igakora neza, bakabona kongeraho indi, kuko buri gihe iyo habayeho gukora impinduka mu ikoranabuhanga ryakoreshwaga ntihaburamo ako kantu ko guhungabana, ariko ni ukugabanya ihungabana ryabaye."

"Hashyizweho rero amabwiriza y’ukuntu twakumira uguhungabana bigeze ku rugero byagezeho kuri BPR, kubera ko bakoze imiyoboro nk’itatu kandi bahita bahuza banki ebyiri zombi. Bakoze ibintu byinshi icyarimwe, bituma bitera akavuyo kenshi kurusha wenda uko byari kugenda, ariko ni isomo twabonye, bituma turushaho gukaza amabwiriza agenga uko amabanki cyangwa ibigo by’imari byimura serivisi zabo z’ikoranabuhanga."

Kugeza ubu mu Rwanda hari banki 10 z’ubucuruzi, banki imwe ikora nka koperative (Zigama CSS), banki imwe y’iterambere (BRD Plc), na banki eshatu ziciriritse (Unguka bank Plc, Urwego bank Plc na AB Bank Rwanda Plc).

Guverineri Rwangombwa yavuze ko BNR yakajije amabwiriza agenga uko amabanki ahindura ikoranabuhanga akoresha

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages