Ibi yabitangarije mu nama Nyafurika yiga ku ikoranabuhanga mu buhinzi (ACAT2025) yabereye mu Rwanda kuri uyu wa 10 Kamena 2025.
Namara yavuze ko ikibazo kiri mu gushora imari mu buhinzi atari amafaranga ahubwo ari uburyo bikorwamo, ndetse ko n’ibindi bigo by’imari bitinya gushora imari muri uru rwego.
Yagize ati “Ubuhinzi ntabwo bugoranye kubushoramo imari, ahubwo ni ukubera ko bigoye kubushoramo imari hakoreshejwe uburyo busanzwe. Ikibazo ntabwo ari nituramuka dushoye imari, ikibazo ni ‘ni gute twashora imari?’ ibyo rero ni byo tuje gukemura.”
Namara yakomeje avuga ko binyuze mu gutanga 30% by’inguzanyo zose ziteganywa gutangwa na Equity Bank, bizafungururira imiryango ibindi bigo by’imari gushora imari muri uru rwego.
Yakomeje avuga ko ubuhinzi nk’ubundi bucuruzi bwose bugira ibyago n’ibibazo byabwo, gusa bitakemurwa no kwirengagiza uru rwego rufatiye runini ubukungu bwa Afurika muri rusange.
Ati “Nk’ubundi bucuruzi bwose ubuhinzi na bwo bugira ingorane zabwo, gusa ntabwo twirengangiza ingorane ahubwo dushaka ibisubizo. Binyuze mu ikoranabuhanga ririmo irya AI, amakuru y’iteganyagihe, n’ibindi, dushobora kugabanya ibyago byabwo.”
Iri shoramari ntabwo rizateza imbere urwego rw’ubuhinzi gusa ahubwo rizazamura n’izindi nzego zirushamikiyeho nk’inganda n’ibindi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!