Ayo mahuriro ni iry’abacuruzi b’Abanyaburayi (European Business Chamber of Rwanda, EBCR) n’iry’Abanyamerika bakorera mu Rwanda (American Chamber of Commerce in Rwanda, AmCham Rwanda).
I&M Bank Rwanda Plc yakiriye ayo mahuriro ku cyicaro cyayo mu Mujyi wa Kigali kuri uyu wa 15 Nzeri 2023, ubwo hasozwaga icyumweru cy’ubuvugizi cyahariwe kurebera hamwe uko hakurwaho imbogamizi ku bigo byaba ibya leta n’iby’abikorera bikoroherezwa mu mikoranire n’ibigo by’imari mu Rwanda.
Mu bibazo byagaragajwe harimo kuba mu mikorere ya bimwe mu bigo by’imari mu Rwanda hakigaragaramo gutanga inguzanyo ariko ku nyungu iri hejuru bigendanye n’imiterere y’ubucuruzi aho nk’abakora iz’ubuhinzi batoroherezwa kuzibona.
Ikindi ni ingwate zihanitse abagana amabanki basabwa igihe bakeneye inguzanyo
Ku kiganye no kuba ibigo by’imari bitanga inguzanyo ku nyungu iri hejuru, hagaragajwe ko biterwa n’uko umubare munini w’abaturarwanda bakorana n’amabanki bataragira umuco wo kuyabitsamo ku kigero cyo hejuru, ku buryo usanga banki nyinshi zihorana umubare munini w’abasaba inguzanyo ariko ababitsa bakaba bake.
Umuyobozi Mukuru wa I&M Bank Rwanda Plc, Benjamin Mutimura, yahaye icyizere ayo mahuriro ko iyi banki iri kuvugurura uburyo bw’imikoranire n’abakiliya bayo mu kuborohereza gukorana na yo.
Ati ‘‘Kumva imbogamizi n’amahirwe ahari ku bashoramari na ba rwiyemezamirimo batugana biri mu byo dushyize imbere. Tunejejwe no kubatangariza ko aka kanya turi kuganira n’abanyamuryango ba EBCR na AmCham kugira ngo tubabwire ko uretse no kuba I&M Bank ibashyigikiye, turi kubategurira uburyo bwo kubateza imbere bo n’ubucuruzi bwabo.’’
Umuyobozi Nshingwabikorwa wa AmCham, Yannick Ntirushwa, yavuze ko ibiganiro byatanzwe muri iki cyumweru cy’ubuvugizi birimo n’ibyo aya mahuriro yagiranye na I&M Bank Rwanda Plc bitanga icyizere.
Yavuze ko ibyavugiwemo bizagira uruhare mu kubona ibyo ayo mahuriro azamurikira Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) mu biganiro bazagirana mu byumweru bibiri biri imbere, ku cyakorwa ibigo by’abashoramari bikaba byakomeza koroherezwa gukorera ku butaka bw’u Rwanda.
Ikindi cyagaragajwe ni uko amabanki akwiriye gushyiraho uburyo bwo korohereza abayagana kubona serivisi hifashishijwe ikoranabuhanga ku buryo n’umuntu ukoresha Mobile Money ashobora kuyihererwaho inguzanyo.
Ku kibazo cy’abafite ubucuruzi buto n’ubuciriritse bari mu bagorwaga no gusaba inguzanyo badafite ingwate ihagije, I&M Bank yabasezeranyije ko iri gusuzuma n’uko hari abashobora gukurirwaho gatanga ingwate bitewe n’imiterere y’ubucuruzi bwabo.
Umuyobozi Nshingwabikorwa wa EBCR, Johanna Sandberg, yavuze ko iki cyumweru cy’ubuvugizi cyatanze umusaruro mu mikoranire hagati y’aya mahuriro n’abafatanyabikorwa bayo.
Ihuriro ry’abacuruzi b’Abanyaburayi bakorera mu Rwanda (EBCR) ribarizwamo ibigo 150, abashoramari, abacuruzi na ba rwiyemezamirimo. I&M Bank Rwanda Plc ni umunyamuryango mu gihe Ihuriro ry’Abacuruzi b’Abanyamerika bakorera mu Rwanda (AmCham Rwanda) ryo ribarizwamo ibigo bigera kuri 70.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!