Tour du Rwanda ya 2026 irakomeza kuri uyu wa Kane, tariki ya 26 Gashyantare, hakinwa agace ka Gatanu kazenguruka i Rubavu, guhera Saa 15:00, ku ntera y’ibilometero 82.
Mu gihe iri siganwa riri muri aka karere, abaturage ba Rubavu bari gusobanurirwa serivise zitandukanye zitangwa na BPR Bank, iri gufasha abakunzi b’umukino w’amagare kuryoherwa n’irushanwa.
Zimwe muri serivise iri kubasobanurira harimo iyitwa ‘Ikamba’ igamije korohereza abagore bakora ubucuruzi buto n’ubuciriritse kubona inguzanyo badasabwe ingwate.
‘Ikamba’ ni konti ifasha abagore n’abakobwa bari mu bucuruzi, aho uyifunguje asabwa kuyinyuzaho amafaranga yacuruje inshuro nyinshi.
Bitewe n’uko ayikoresha, kuva ku mezi atatu ayikoresha cyangwa umwaka, ashobora kubona inguzanyo iri hagati ya miliyoni 1 Frw kugeza miliyoni 100 Frw nta ngwate, ku nyungu ya 12%.
BPR Bank kandi iri gufasha abatagira konti za BPR Bank kuzibona nta kiguzi batanze, ikanabasobanurira izindi serivise zayo.
Usibye gusobanurira abakiliya bashya n’abasanzwe izi serivise, BPR Bank ihemba Umunyarwanda witwaye neza mu isiganwa, aho kuri ubu umwambaro wayo ufitwe na Niyonkuru Samuel ukinira Team Amani witwaye neza ku Gace ka Kane.
Kuri uyu munsi, abakinnyi bari gukina Tour du Rwanda 2026 barazenguruka mu Karere ka Rubavu, intera ireshya n’ibilometero icyenda, bayinyuremo inshuro icyenda zingana n’ibilometero 82.
Umukinnyi wambaye umwambaro w’umuhondo kugeza ubu ni Kretschy Moritz ukinira NSN Development Team.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!