00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umutanguha Finance Company PLC igiye kubarura abanyamigabane bayo

Yanditswe na Mukundwa Angelique
Kuya 15 April 2026 saa 09:51
Yasuwe :

Ikigo cy’imari ‘Umutanguha Finance Company Plc (UFC)’, cyatangaje ko kigiye gutangira gahunda yo kubarura abanyamigabane bayo kugira ngo na bo bagire uburenganzira busesuye ku migabane yabo.

Ibi byatangajwe kuri uyu wa 14 Mata 2026, ubwo higwaga ku buryo iri barura rizakorwamo.

Umuyobozi Mukuru wa Umutanguha Finance Company Plc (UFC Plc), Muhawenimana Noël, yavuze ko ibarura ry’abanyamigabane rizafasha kuzuza amakuru yaburaga kuri bamwe mu banyamigabane bityo bikazatuma bagira uburenganzira ku migabane.

Ati “Nk’uko twabisabwe na Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) n’itegeko rigenga ibigo by’imari mu gihugu, ubu gahunda ihari ni uko turi kwiga ku buryo bwo kuzabarura abanyamigabane bacu ngo tugire imyirondoro yabo kugira ngo na bo bagire uburenganzira busesuye mu migabane bafite muri UFC Plc.”

Yagaragaje ko UFC Plc ifite abanyamigabane 13.525 gusa nta burenganzira busesuye bafite ku migabane yabo bitewe n’uko nta myirondoro yabo ihari yuzuye.

Byatewe n’uko ahanini hari abayiguraga bamwe nta byangombwa bafite cyangwa se bimwe nk’Indangamuntu byagiye bihinduka.

UFC Plc kugeza ubu ifite amashami 23 mu gihugu, ariko 17 arimo amasite 41 ni yo bazakoreramo ibarura ku banyamigabane bayo, iyi gahunda ikazatangirira mu Ntara y’Iburengerazuba mu mpera za Mata 2026.

Mu 2024 Ikigo cy’Imari Umutanguha Finance Plc cyungutse 325.495.989 Frw avuye mu mikorere myiza.

Kugeza ubu, UFC Plc ifite umutungo ungana na 29.291.193.092 Frw, n’imari shingiro irenga miliyari 9 Frw ndetse ikomeje gushishikariza abanyamigabane bayo kuzitabira gahunda zo kwibaruza.

UFC Plc yashinzwe mu mwaka wa 2003 nk’ikigo cy’ubwizigame n’inguzanyo ku makoperative, nyuma mu 2013 ni bwo yabaye ikigo cy’imari cyigenga cy’abanyamigabane.

Umuyobozi wa UFC Plc, Muhawenimana yavuze ko gahunda ihari ari ukubarura abanyamigabane kugira ngo bajye bahabwa inyungu
Umutanguha Finance Company PLC igiye kubarura abanyamigabane bayo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages