00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zigama CSS yahize kwinjiza miliyari 69.9 Frw mu 2022

Yanditswe na Muhonzire Sylvine
Kuya 15 December 2021 saa 03:50
Yasuwe :

Koperative yo kuzigama no kugurizanya, Zigama CSS, ihuriweho n’abagize inzego z’umutekano zitandukanye, yiyemeje kwinjiza miliyari 69.9 Frw mu mwaka wa 2022 ivuye kuri miliyari 54.2 Frw.

Ibi byatangarijwe mu nteko rusange ya 35 y’abanyamuryango ba Zigama CSS yabaye kuwa 14 Ukuboza 2021 kuri Minisiteri y’ingabo yaganiraga ku bikorwa byayo byo mu 2022.

Iyi nteko yari iyobowe na Minisitiri w’ingabo, Maj Gen Albert Murasira, initabirwa na Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr. Ugirashebuja Emmanuel, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura, abayobozi batandukanye mu nzego z’umutekano ndetse na bamwe mu banyamuryango.

Mu byaganiriweho harimo kongera amafaranga yinjizwa na Zigama, aho yiyemeje kuzinjiza miliyari 69, 9 Frw mu 2022 zivuye kuri miliyari 54.2 Frw n’inyungu ya miliyari 20, 1 Frw ivuye kuri miliyari 15, 2 Frw yinjijwe mu 2021.

Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Zigama, Dr. Ndahiro James yavuze ko iyi Koperative izakomeza kugabanya inyungu ku nguzanyo y’inzu umuntu ugiye kuyitunga bwa mbere, aho azajya yishyura ku nyugu ya 10% mu gihe mbere yishyurwaga kuri 15%.

Yakomeje agira ati “Uko Zigama CSS izajya ikomeza kongera ubushobozi bwayo, abanyamuryango bayo bazajya babyungukiramo mu buryo butandukanye.”

Muri iyi nteko hemejwe ko hongerwa amafaranga y’inkunga y’ingoboka cyo kimwe n’inguzanyo zihabwa abanyamuryango ba Zigama CSS.

Zigama CSS ihuriweho n’abo mu nzego z’umutekano zitandukanye zirimo Ingabo z’u Rwanda, RDF, Polisi y’Igihugu, RNP, Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa, RCS, Urwego Rwego rw’Igihugu rushinzwe Umutekano n’Iperereza, NISS ndetse n’Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB.

Iyi koperative y’imari ifasha abanyamuryango bayo n’imiryango yabo kugira ubuzima bwiza binyuze mu kubashishikariza kugira umuco wo kwizigamira, inguzanyo zifite inyungu nto ugereranyije n’ibindi bigo by’imari no korohereza abakiliya kubona serivisi za banki.

Iyi banki yashinzwe mu 1997, kugeza ubu imaze kugaba amashami hirya no hino mu gihugu, aho ifite abanyamurayngo barenga ibihumbi 100.

Abayobozi batandukanye bari bitabiriye Inteko Rusange ya Zigama CSS
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Jean Bosco Kazura (iburyo) ndetse n’Umuyobozi wa RCS, CG Juvenal Marizamunda(ibumoso) bari bitabiriye inteko rusange
Umugaba w'Ingabo zirwanira mu kirere, Let Gen Jean Jacques Mupenzi, mu bitabiriye inteko rusange ya 35 ya Zigama CSS
Umuyobozi ushinzwe imari muri RNP, CP Vincent Sano, na we yari yitabiriye iyi nteko rusange

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages