Ibi bizamini byakozwe hagati y’itariki 21 na 25 Kanama 2023. Ibizamini byatanzwe biri mu byiciro bibiri, CPA (Certified Public Accountant) na (Certified Accounting Technicians).
Abiyandikishije kwiga CPA bari 1050 mu gihe CAT ari 105. Ni imibare mike ugereranyije n’uko byari bimeze muri Mata, kuko bose hamwe bari 1208, CPA ari 932 mu gihe CAT bari 276.
Ikigereranyo cy’abatsinze muri rusange ni 55% bingana na 581 batsinze CPA ndetse na 58 batsinze CAT, nubwo harimo abatararangiza amasomo yose asabwa. Abasoje amasomo babonye impamyabushobozi ni 76 barimo 59 bize CPA na 17 ba CAT.
Bivuze ko abamaze kubona impamyabushobozi zitangwa na ICPAR bageze kuri 390 (bize CPA) na 277 bize CAT kuva yatangira gukorera mu Rwanda mu 2012.
Umuyobozi Mukuru w’Urugaga rw’Ababaruramari mu Rwanda, ICPAR, Amin Miramago, yavuze ko abatsinze atari bake ugereranyije n’uko byari bimeze mu byiciro bya mbere.
Ati ‘‘Ntabwo byaba biri hasi kuko aba ni abanyamwuga, ni ukuvuga ngo tukurekura mu by’ukuri tumaze kubona ko ibintu by’ibanze ubizi utazajya hariya ugakora amakosa kubera ubumenyi buke [...] iyo urebye tugitangira nko mu 2012 mu Ukuboza, turimo kureba ayo manota ndibaza ko abantu batsindiraga ku 10% kuko ni bwo bwa mbere byari bikiza abantu batabizi.’’
Perezida w’Inama y’Ubutegetsi ya ICPAR, Obadiah Biraro, yavuze ko u Rwanda rugifite icyuho mu mubare w’ababaruramari b’umwuga, kandi ko ari ibintu byigaragaza.
Yatanze urugero rw’amakosa agaragazwa n’Inteko Ishinga Amategeko iyo iri kugenzura imikoreshereze y’umutungo wa leta. Yasabye abasoje amasomo, gukemura ibyo bibazo.
Ati “Bityo rero baje gukemura cya kibazo cy’ibintu bikorewe mu mwijima bitari mu mucyo, hakagira wa wundi rusahurira mu nduru ubyungukiramo. Ariko igihe ibintu byanyuze mu mucyo, byanditswe neza ibyo bitabo by’ibaruramari, ibitabo byemewe byanditswe neza bikazashyirwa hariya mu mucyo n’umuntu wabihuguriwe.’’
Biraro kandi yavuze ko nibura buri kigo gito n’ikinini yaba icya Leta cyangwa uwikorera cyakabaye gifite umubaruramari w’umwuga.
Ubwo hatangazwaga aya manota, Leta y’u Rwanda yashimiwe uko ikomeje gushyigikira gahunda yo kongera umubare w’ababaruramari b’umwuga binyuze mu gutanga buruse.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!