00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

BK na Inkomoko bagiye guteza imbere imishinga irengera ibidukikije

Yanditswe na Idukunda Kayihura Emma Sabine
Kuya 29 June 2023 saa 01:50
Yasuwe :

Banki ya Kigali (BK) ifatanyije n’Ikigo gihugura ba rwiyemezamirimo, Inkomoko Entrepreneur Development, yatangije icyiciro cya karindwi cya ‘Urumuri Initiative’, gahunda igamije guteza imbere imishinga 25 igaragaza guhanga udushya, irengera ibidukikije akaba ari yo izibandwaho muri uyu mwaka.

Iki cyiciro cyatangijwe kuri uyu wa 27 Kamena 2023, mu gikorwa cyabereye aho Ikigo Inkomoko Entrepreneur Development gikorera mu Mujyi wa Kigali.

Ni igikorwa cyabanjirijwe n’amahugurwa yahawe abafite imishinga bamuritse, babanza kugaragarizwa bumwe mu bujyanama bakeneye mu kwagura imishinga yabo ntiyisange mu bihombo.

Izatoranywa bigizwemo uruhare n’itsinda ry’inararibonye mu gutegura no gukurikirana imishinga rya Banki ya Kigali na Inkomoko, ba nyirayo bazafashwa mu buryo butandukanye bugamije kuyagura, harimo no kubaha inguzanyo zishyurwa hatiyongeyeho amafaranga y’inyungu.

Bazanahabwa amahugurwa mu gihe cy’amezi atandatu azabafasha kugira ubumenyi bwisumbuyeho mu kunoza imishinga yabo, ndetse buri wese ahabwe umujyanama we wihariye mu kuyiteza imbere.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa bijyanye no kurengera ibidukikije, imibereho myiza n’imiyoborere muri BK, Collins Kinoti, yavuze ko mu ishyirwa mu bikorwa by’iyi gahunda ya BK Urumuri Initiative, hibandwa mu gushyigikira umurongo wa leta wo kuzamura ubukungu bw’u Rwanda n’abarutuye.

Ati ‘‘Turashaka gukora uruhare rwacu mu guteza imbere gahunda zizamura ubukungu bw’u Rwanda muri rusange. (…) Banki ya Kigali irashaka kugira uruhare mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe’’.

Teta Gisèle ufite umushinga witwa Banana Fibers Seeds Bag, avuga ko uje kurengera ibidukikije hakurwaho amasashi yifashishwa mu gutegura ingemwe z’ibiti, agasimbuzwa ibyo gushyiramo izo ngemwe bikozwe mu birere kuko byo bishobora kubora ntibyangize ubutaka.

Ati ‘‘U Rwanda ruri gushyira imbaraga mu bantu bafite imishinga ikuraho pulasitiki mu ngeri zose. Noneho twebwe twanasanze kenshi n’ubwo abantu bose bari kurwanya pulasitiki, nta muntu wari wagatekereje kuri ariya masashi agikoreshwa mu gutegura ingemwe z’ibiti. (…) twebwe twasange harimo icyuho duhitamo kubikoraho’’.

Teta avuga ko agize amahirwe umushinga we ugatsinda muri BK Urumuri Initiative, byamufasha mu kubona ubumenyi bumuhesha kuwagura, ndetse n’inguzanyo imufasha mu kuwugeza kuri benshi.

Umuyobozi Ushinzwe Iterambere ry’Ibikorwa mu Kigo Inkomoko Entrepreneur Development, Helle Dahl Rasmussen, yavuze ko mu bindi abafite imishinga izatoranywa bazafashwamo, ari ugucunga neza imari mu gukora imishinga yabo no kuyitegura neza ku buryo yabengukwa n’abashoramari.

Ati ‘‘Ku buryo aba azi ngo ni amafaranga y’iki nkeneye gusaba, ni gute ayo mafaranga azamfasha gukuza umushinga wanjye ku buryo ukurura abashoramari?’’.

BK Urumuri Initiative yatangijwe mu 2017 kugira ngo ifashe ba rwiyemezamirimo bakiri bato, mu guteza imbere imishinga yabo ishobora kuvamo ubucuruzi bukomeye mu gihe kiri imbere.

Iyi banki ifatanya na Inkomoko Entrepreneur Development, nk’ikigo gifite ubunararibonye mu guhugura ba rwiyemezamirimo bagashyirwa mu murongo ubafasha kwagura imishinga yabo.

Amafaranga ibihumbi 25$ ( ni ukuvuga agera kuri miliyoni 29 Frw), ni yo azatangwamo inguzanyo yishyurwa hatariho inyungu, akazifashishwa mu kwagura imishinga izahiga iyindi mu kugaragaza udushya mu kurengera ibidukikije.

Kuva iyi gahunda yatangizwa mu 2017, hamaze gutangwamo inguzanyo za miliyoni 184.5 Frw zahawe ba rwiyemezamirimo 37 bafite imishinga yahize iyindi.

Helle Dahl Rasmussen na Collins Kinoti bahagarariye BK na Inkomoko muri iki gikorwa
Imishinga izatoranywa muri iki gikorwa izahabwa inguzanyo ya miliyoni zigera kuri 29 Frw, azajya yishyurwa hatariho inyungu
Abafite imishinga 25 yagira uruhare mu kurengera ibidukikije, bagaragarijwe ubujyanama bakeneye mu kwagura imishinga yabo
Abitabiriye iki gikorwa bafite imishinga ihatanye muri BK Urumuri Initiative bagaragarijwe ibyo bazayungukiramo birimo guhabwa amahugurwa agamije kugira ubumenyi bubafasha kuyinoza
Bamwe mu bazagira uruhare mu mahugurwa n'ubujyanama bizagenerwa abafite imishinga
BK ishyira mu bikorwa gahunda ngarukamwaka ya Urumuri Initiative, igamije kugeza imbere imishinga yongera ubukungu bw'u Rwanda, ikanihanganira ihindagurika ry'ibihe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages