Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa mbere ku ya 14 Werurwe 2022, mu karere ka Rulindo, Umurenge wa Tumba, akagari ka Gahabwa.
Nk’uko biri mu ntego z’’u Rwanda, mu mwaka wa 2024 buri Munyarwanda wese agomba kuba afite amashanyarazi yaba akomoka ku mirasire y’izuba cyangwa akomoka ku miyoboro migari.
BRD hamwe n’abafatanya bikorwa bayo biyemeje gushyigikira iyi gahunda aho bamaze gucanira abaturage 630 mu karere ka Rulindo.
Iki gikorwa cyabereye ku biro by’umurenge wa Tumba, kitabiriwe n’abaturage bahawe iyi nkunga mu cyiciro cya mbere ndetse n’abari bagiye kuyihabwa ku ncuro ya mbere, hamwe n’inzego za Leta zitandukanye n’abafatanyabikorwa ba BRD, harimo HIS Rwanda na FONERWA.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rulindo bwashimye uruhare banki ya BRD ikomeje kugira hamwe n’abafatanyabikorwa bayo mu guharanira iterambere y’abaturage byumwihariko muri aka karere.
Intego y’akarere ni uko mu mwaka wa 2024, abaturage bako bose bazaba bafite amashanyarazi yaba akomoka ku mirasire y’izuba cyangwa ku miyoboro migari, hakwiye gushyirwamo ingufu kuko hasigaye hafi kimwe cya kabiri kugira ngo intego bihaye igerweho.
Umuyobozi ushinzwe ubushakashatsi n’ibikorwa muri BRD, Gasabira Blaise Pascal, yavuze ko biyemeje gushyigikia gahunda ya Leta y’u Rwanda yiswe ‘Cana Challenge’, mu nzira z’iterambere.
Ati “Tugomba kugera ku baturage bose bo mu Rwanda, duharanira iterambere ry’igihugu cyacu, ibi bizafasha aba baturage kugera ku bindi batari bashoboye kwigezaho mu ngeri zose kugira ngo ubukungu bw’igihugu bukomeze butere imbere.
Umwe mu baturage wari warahawe uyu murasire mu cyiciro cya mbere, yavuze ko nyuma y’aho awuboneye byinshi byahindutse mu buzima bwa buri munsi, nta kibazo akigira igicuku kinishye.
Twizeyimana Erneste wahawe umurasire kuri uyu wa mbere, yavuze ko byinshi bigeye guhinduka ndetse ingorane abana be bahuraga nazo mu gihe cyo gusubiramo amasomo zabadindizaga mu myigire yabo zigiye kurangira.
Mu gihe hasigaye imyaka ibiri kugera ku ntego ya Leta y’u Rwanda, ubu akarere ka Rulindo amashanyarazi y’imiyoboro migari ari ku kigero cya 33%, ku ntego ya 52%, mu gihe amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba ari ku kigero cya 23% ku ntego ya 48%.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!