Kuri ubu, Bloomberg itangaza ko Musk yongeye kwisubiza umwanya wa mbere abikesha izamuka ry’agaciro ka Tesla, bituma abasha kuva ku mwanya wa kabiri yari amazeho amezi arenga abiri.
Kugeza ku wa Mbere w’iki cyumweru, umutungo wa Elon Musk wari wamaze kugera kuri miliyari 187,1 z’amadolari ya Amerika, ibyamubashishije guhigika Bernard Arnault ubarirwa umutungo ungana na miliyari 185,3$ abikesha ibigo bye by’ubucuruzi bikomeye nka Christian Dior, Hennessy ndetse na Louis Vuitton.
Musk afite agahigo ko kuba ari we muherwe wa nbere ku Isi, ariko akanagira agahigo ko kuba umuntu wahombye amafaranga menshi ku isi ubwo yahombaga agera kuri miliyari 200$ umwaka ushize.
Icyo gihe umutungo we wavuye kuri miliyari 340$ mu Ugushyingo 2021 uragwa ugera kuri miliyari 137$ mu Ukuboza 2022.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!