00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Huye: Dr Ngabitsinze yanyuzwe n’uburyo ’Made in Rwanda’ irushaho gushinga imizi

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 18 August 2023 saa 09:02
Yasuwe :

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome, yatangaje ko ahereye ku bwitabire bufite ubwiganze bw’abamurika ibikorerwa mu Rwanda, bitanga ishusho nziza y’uko Made in Rwanda iri gushinga imizi.

Yabivuze kuri uyu wa 18 Kanama 2023, ubwo yafunguraga ku mugaragaro imurikagurisha ryo ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo rigiye kumara iminsi 12 ribera mu Karere ka Huye.

Perezida w’Urugaga rw’Abikorera mu Ntara y’Amajyepfo, Dr Kubumwe Celestin yavuze ko kuba habaho imurika nk’iri mu ntara, ryiganjemo ibihakorerwa, bigaragaza ko Made in Rwanda itari mu nzego zo hejuru gusa.

Ati “Iri murika ni ishuri ryiza kuko abantu bamurika ibintu bitandukanye kandi buri wese akaba yarahura ubumenyi ku wundi. Ariko kandi rinagaragaza ko Made in Rwanda iriho. Twizera ko iri rimurika ninatuma Made in Rwanda irushaho gutera imbere, bityo n’imibereho y’Abanyarwanda igatera imbere”.

Minisitiri Ngabitsinze yavuze ko ahereye ku mubare w’abaryitabiriye bamurika ibyo bakora bitandukanye, byerekana ko iri murikagurisha ari ryiza.

Ati “Iki ni ikintu cyiza kandi gifatika. Igishimishije kandi ni uko ubona ibirimo ari ibyo abantu bakora byinshi birimo n’ibikorerwa mu nganda na byo bigatanga icyizere’’.

Yongeyeho ati “Tumaze iminsi dusoje imurikagurisha ryo ku rwego rw’igihugu riba ryajemo abantu batandukanye bo mu bihugu byinshi ariko kuba iri ryabereye mu ntara kandi rikabona abaryitabira benshi gutya banakomoka muri iyi ntara, bigaragaza neza ko hari byinshi abantu bakorera aho bakomoka. Biragaragara ko hari ibintu byinshi twifashisha bikomoka hano.”

Benimana Dancille witabiriye iri murikagurisha yabwiye Igihe ko mbere yajyaga yumva amatangazo yamamaza amavuta yo kwisiga akorwa muri avoka atunganyirizwa mu Rwanda ariko akumva atayakoza ku mubiri we cyangwa mu musatsi.

Gusa ngo nyuma yaje kubikora asa n’uhinyuza asanga ni amavuta meza kandi ameze nk’andi yose.

Umuhoza Angelique uyobora koperative Ni Nyampinga itunganya umusaruro wa kawa mu karere ka Nyaruguru, yavuze ko na we abona iterambere rya Made in Rwanda rimaze kugaragara kuko ibikorwa byinshi bisigaye bigera no mu mahanga bigakundwa.

Abihuriraho na Mukwiye Augustin na we ukora amavuta yo guteka avuye mu bihwagari waturutse mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Kinazi uvuga ko Made in Rwanda ishoboka kandi “nidukomeza bizagera ku rwego rwo hejuru mu bihe biri imbere’’.

Iri murikagurisha ry’Intara y’Amajyepfo riri kuba ku nshuro ya 10 rikaba rifite insanganyamatsiko igira iti “Tumurike ibyo dukora, duteze imbere ibikorerwa iwacu’’.

Rihuriyemo abamurika bagera kuri 115 baturutse mu turere twose tugize Intara y’Amajyepfo ndetse n’ahandi mu gihugu. Rizamara iminisi 12, rikaba ryateguwe n’urugaga rw’abikorera muri iyi Ntara y’Amajyepfo.

Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda, Dr Ngabitsinze Jean Crysostome ubwo yafunguraga ku mugaragaro imurikagurisha ry'Intara y'Amajyepfo
Minisitiri Dr Ngabitsinze yasuye bimwe mu bimurikirwa mu Ntara y'Amajyepfo
Guverineri w'Intara y'Amajyepfo, Kayitesi Alice ageza ubutumwa ku bitabiriye imurikagurisha ry'iyi ntara
Umwe mu bitabiriye kumurika ibikorerwa mu Ntara y'Amajyepfo
Aya ni amavuta akorwa muri avoka akorerwa mu Karere ka Huye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages