NAEB igaragaza ko muri iyi minsi itanu, u Rwanda rwohereje mu mahanga toni ibihumbi 8,3 z’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi birimo ikawa, icyayi, imboga, imbuto, indabo, ibinyabijumba, ibinyamisogwe, ibinyampeke, amatungo n’ibiyakomokaho.
Ikawa yoherejwe ingana na toni 571, yinjije arenga miliyari 5,4Frw. Icyayi cyoherejwe kingana na toni 649 zinjije arenga miliyari 2,7Frw. Ni mu gihe imboga zoherejwe zingana na toni 431 zinjije arenga miliyoni 759 Frw.
Imbuto zo hoherejwe toni 221 zinjije arenga miliyoni 253 Frw, naho indabo hoherezwa toni 30 zinjije arenga miliyoni 274 Frw.
Ibihugu bikunze koherezwamo ibi bicuruzwa ni u Bwongereza, u Buholandi, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, u Bufaransa, u Budage n’ibindi bihugu byo muri Afurika.
Ni mu gihe mu bindi bicuruzwa hoherejwe toni 6.223 zinjije arenga miliyoni 4,8 Frw, naho ibikomoka ku matungo u Rwanda rwohereje toni 248 zinjije arenga miliyoni 667 Frw.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!