00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibikomoka ku buhinzi byinjirije u Rwanda arenga miliyari 9 Frw mu minsi itanu

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 10 July 2026 saa 08:17
Yasuwe :

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), cyatangaje ko umusaruro woherejwe ku isoko mpuzamahanga kuva ku wa 29 kugeza ku wa 1 Nyakanga 2026, winjirije u Rwanda arenga miliyari 9,18 Frw.

Ibyoherejwe ku isoko mpuzamahanga ni toni 9.454, zirimo iz’ikawa 455 zinjirije u Rwanda miliyari 2,1 Frw, toni 648 z’icyayi zinjije miliyari 1,8 Frw n’imboga zipima toni 462 zinjije miliyoni zirenga 479 Frw.

Imbuto zacurujwe ku isoko mpuzamahanga ni toni 243 zinjirije u Rwanda miliyoni 168 Frw, mu gihe indabo zoherejwe ku isoko mpuzamahanga ari toni 10 zinjirije igihugu miliyoni zirenga 57 Frw.

Ibihingwa birimo ibinyabijumba, ibinyamisogwe, ibinyampeke n’ibindi byoherejwe mu bihugu bitandukanye bipima toni 7218, byinjije arenga miliyari 3,8 Frw mu gihe ibikomoka ku matungo byari toni 427 zinjije miliyoni 679 Frw.

Ibi bicuruzwa byoherejwe mu Bwongereza, u Buholandi, u Bufaransa, u Buhinde, Leta Zunze z’Abarabu n’ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika.

Indabo ziri mu bicuruzwa byinjirije u Rwanda amafaranga menshi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages