00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Musk akubye inshuro eshatu umukurikiye: Urutonde rw’abafite amafaranga menshi ku Isi

Yanditswe na Berrick Munyeshyaka
Kuya 11 March 2026 saa 06:36
Yasuwe :

Ku wa 10 Werurwe 2026, nibwo Forbes yashyize hanze urutonde rw’abantu batunze amafaranga menshi ku Isi kurusha abandi, batunze miliyari ibihumbi 20,1$. Ni amafaranga yiyongereyeho miliyari 4000$ ugereranyije n’umwaka ushize.

Ni urutonde Forbes ikora buri mwaka, ndetse urwa 2026 rwagaragaje ko abantu 3.428 babarirwa za miliyari z’Amadolari ya Amerika. Bigaragaza ko hiyongereyeho abantu 400 ugereranyije n’umwaka ushize.

Elon Musk

Elon Musk ni we wongeye kugaruka ku mwanya wa mbere mu batunze amafaranga menshi ku Isi mu 2026 abarirwa miliyari 839$.

Ubutunzi bw’uyu munyemari washinze Tesla ikora imodoka z’amashanyarazi n’ikigo cy’ibyogajuru cya Space X, bwikubye hafi kabiri, kuko umwaka ushize yabarirwaga miliyari 497$.

Musk w’imyaka 54 akubye hafi inshuro eshatu Larry Page na Sergey Brin bari mu bashinze Google bamukurikira.

Larry Page

Larry Page niwe ukurikira Musk. Abarirwa miliyari 257$. Uyu mugabo ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari mu bashinze Google.

Sergey Brin

Sergey Brin ni we usangwa ku mwanya wa gatatu, nk’utunze amafaranga menshi kurusha abandi ku Isi mu mwaka wa 2026, aho abarirwa miliyari 237$. Uyu mugabo ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na we ni umwe mu bashinze Google.

Jeff Bezos

Jeff Bezos ni we uri ku mwanya wa kane, nk’utunze amafaranga menshi kurusha abandi ku Isi mu mwaka wa 2026, aho abarirwa miliyari 224$.

Uyu mugabo ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yashinze Amazon, rumwe mu mbuga zikomeye zicururiza kuri internet. Amazon yaje no kubyara ibindi bigo nka Amazon Prime, igurisha ifatabuguzi ryo kureba filime. Si ibi gusa kuko anafite ikigo gikora ibyogajuru cyitwa Blue Origin.

Mark Zuckerberg

Mark Zuckerberg ni we uri ku mwanya wa gatanu, nk’utunze amafaranga menshi kurusha abandi ku Isi mu mwaka wa 2026, aho abarirwa miliyari 222$.

Uyu mugabo ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yashinze Meta, ibarizwamo Facebook, Instagram, WhatsApp, Facebook Messenger na Threads.

Larry Ellison

Larry Ellison ari ku mwanya wa gatandatu mu bafite amafaranga menshi kurusha abandi ku Isi mu mwaka wa 2026, aho abarirwa miliyari 190$.

Uyu mugabo ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yashinze Oracle, kimwe mu bigo bikomeye bicuruza porogaramu za mudasobwa n’ibijyana na zo nk’ububiko bw’amakuru n’ibifasha kuyarinda n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga.

Bernard Arnault

Bernard Arnault ari ku mwanya wa karindwi mu batunze amafaranga menshi kurusha abandi ku Isi mu mwaka wa 2026, aho abarirwa miliyari 171$.

Uyu mugabo ukomoka mu Bufaransa, ubutunzi bwe abukomora kuri LVMH icuruza imyenda y’igiciro cyo hejuru ya Louis Vuitton hamwe na Moët Hennessy, icuruza imivinyo n’inzoga.

Jensen Huang

Jensen Huang ari ku mwanya wa munani mu batunze amafaranga menshi kurusha abandi ku Isi mu mwaka wa 2026, aho abarirwa miliyari 154$.

Uyu mugabo ukomoka muri Taiwan ariko ufite ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ubutunzi bwe abukomora kuri NVDIA, ikigo gikora chip zitandukanye.

Chips ni utwuma duto dukora nk’ubwonko bwa mudasobwa, telefoni n’ibindi bikoresho by’ikorabuhanga.

Dufasha ibikoresho by’ikoranabuhanga gusesengura no gutunganya amakuru no gufata ibyemezo. Nitwo dutuma mudasobwa cyangwa telefoni bimenya icyo gukora, iyo ukanze cyangwa ukoze ahantu runaka.

Warren Buffett

Warren Buffet ari ku mwanya wa cyenda ku rutonde rw’abatunze amafaranga menshi kurusha abandi ku Isi mu mwaka wa 2026, aho abarirwa miliyari 149$.

Uyu mugabo ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ubutunzi bwe abukomora muri Berkshire Hathaway, ikigo cyashoye imari mu bigo bikomeye birimo iby’indege nka NetJets, Apple, Bank of America, Coca-Cola no mu bitunganya ibyo kurya nka Kraft Heinz.

Amancio Ortega

Amancio Ortega ari ku mwanya wa cumi mu batunze amafaranga menshi kurusha abandi ku Isi mu mwaka wa 2026, aho abarirwa miliyari 148$.

Uyu mugabo ukomoka muri Espagne ubutunzi bwe abukomora kuri Zara, uruganda rukomeye mu gutunganya imideli, imyenda, inkweto n’ibikapu by’agaciro kari hejuru.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages