00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rubavu: Hatangijwe amasomo ku bafasha abacuruzi kwishyura gasutamo

Yanditswe na Dufitumukiza Salathiel
Kuya 30 January 2022 saa 01:30
Yasuwe :

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA) ku bufatanye n’Ihuriro ry’abafasha abacuruzi kwishyura za gasutamo mu Rwanda (RWAFFA), batangije amasomo y’amezi atandatu mu Karere ka Rubavu, agamije kurushaho kunoza imikorere mu kwishyura gasutamo ku binjiza ibicuruzwa mu gihugu.

Ni umuhango wabaye ku wa 29 Mutarama 2022, aho ku ikubitiro abitabiriye ayo masomo bari 60.

Umuyobozi wa RWAFFA, Bukuru Clement, yatangaje ko abayitabiriye barimo abasanzwe bakora ako kazi n’abashya.

Bazungurwa ubumenyi ku mikorere ya gasutamo, uko batunganya akazi kaho no gutegura “déclaration”.

Ayo mahugurwa anitezweho gufasha abatumiza ibicuruzwa mu mahanga gukoresha igihe cyabo neza no kwihutisha imirimo yabo.

Bukuru yagize ati “Iyo umuntu afite ubumenyi akazi akora karihuta bigatuma n’abandi bafatanya ibikorwa bihutisha imirimo yabo.”

Uretse aba bari muri Rubavu, hari n’ahandi muri Kigali hari gutangirwa amasomo nk’ayo.

Abazayarangiza bazahabwa impamyabushobozi zibemerera gukorera ako kazi muri Afurika y’Iburasirazuba, biyongere ku barenga 1.000 basanzwe bazifite mu Rwanga nk’uko Bukuru yabihamije.

Ati “Iki cyiciro nigisozwa tuzaba dufite abagera ku 1.200 bazaba bamaze guhugurwa”.

Umuyobozi Wungirije ushinzwe ibya gasutamo muri RRA, Gatera Yvonne, yavuze ko ayo mahugurwa agiye kuba ikintu ngenderwaho kugira ngo umuntu abe yahagararira undi muri gasutamo.

Ati “Gukorera iyi mpamyabushobozi bizaba ingingo y’ibanze igomba kugenderwaho kugira ngo sosiyete zihagarariye abunganira abandi zibashe guhabwa ibyangombwa bizibyemerera.”

Abayitabiriye babwiye itangazamakuru ko biteze ko azabafasha gusobanukirwa amategeko agenga za gasutamo, ibizatuma bakora kinyamwuga.

Ati “Tuzabasha kumva neza no gukurikiza amategeko. Hari ubwo umuntu aba abizi ariko atazi uko amategeko abigenda akurikirana. Icyo numva cyane ni uko nimara kwiga aya masomo, ibikorwa byose nzabikora neza.”

Bazanayigiramo ubunyangamugayo n’izindi ndangagaciro zibafasha gukora neza akazi nk’uko byagarutsweho n’abayategura.

Bimwe mu bibazo byagaragaye nk’ingaruka zo kuba hari abakora ako kazi batarahawe amasomo birimo kutamenya uburyo bwo kubara umusoro bwubahirije amategeko no kudasobanukirwa uko ibikorwa byo kwishyura gasutamo bikurikirana.

Ibyo bituma bacibwa ibihano bya hato na hato, bikabakereza ariko kandi na bo bagakereza abafatanyabikorwa babo.

Abanyuza ibicuruzwa ku Mupaka w'u Rwanda na RDC uri mu Karere ka Rubavu bazarushaho koroherwa no kwishyura gasutamo kuko bazaba babifashwamo n'ababyigiye
Abagera kuri 60 ni bo bitabiriye ayo masomo i Rubavu
Ayo masomo yatangijwe ku mugaragaro ku wa 29 Mutarama 2022
Kwishyura gasutamo nta bumenyi ubifitemo biragukereza cyangwa bigatuma ucibwa ibihano
Umuyobozi Wungirije ushinzwe ibya gasutamo muri RRA Gatera Yvonne avugana n'itangazamakuru ku kamaro k'amasomo arimo guhabwa abafasha abacuruzi kwishyura za gasutamo
Umuyobozi wa RWAFFA, Bukuru Clement, ubwo yaganiraga n'itangazamakuru nyuma yo gutangiza amasomo i Rubavu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages