Mu biganiro byabereye mu Karere ka Rusizi kuwa 27 Ukwakira 2017, Visi Guverineri wa BNR, Dr Nsanzabaganwa Monique, yasobanuriye abikorera, amabanki n’ibigo by’imari iciriritse b’i Rusizi na Nyamasheke uburyo u Rwanda rutakaza amafaranga menshi rugura ibiceri n’inoti.
Yagize ati “Twaje kuvuga muri rusange ibijyanye no kuba twabasha kwishyura, kugura no koherezanya amafaranga dukoresheje ikoranabuhanga (Cashless), ingorane ya mbere mu gukoresha inoti n’ibiceri ni umutekano wabyo ni ibintu byibika mu buryo bworoshye ariko wakoresheje uburyo bw’ikoranabuhanga ntiwahura n’ibyo bibazo."
Yakomeje agira ati ”Nk’uyu munsi iyo ufashe amafaranga yo kugira ngo dukore ziriya noti kuzisimbuza [izishaje], buriya dukoresha miliyari nk’ebyiri mu mwaka zo gusimbuza amafaranga mashya.”
Uretse ayo mafaranga igihugu gitanga gikoresha inoti nshya, Dr Nsanzabaganwa yanavuze ko n’amabanki avunika mu kuvangura inoti zikwiye gusimbuzwa ati “ kwa kundi babanza bakazitoranya, bakazicuma neza, ya modoka y’umutekano bazizana nabyo bitwara miliyoni 15 Frw.”
Abikorera bagaragaje ko inyungu zo gukoresha ikoranabuhanga bazumva.
Habyarimana Gilbert ati “Kutagendana amafaranga mu ntoki harimo inyungu nyinshi zirimo kutibwa, kwirinda ko asazira mu ntoki kandi iyo urebye usanga haba harimo ibihombo kuko burya iyo igihugu gitakaje amafaranga angana gutyo n’abaturage baba bahombye, tugiye gukomeza gushishikariza abaturage n’abandi bacuruzi.”



















TANGA IGITEKEREZO