Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Bruno Rangira, yabwiye KT Press ko muri iryo genzura riri gukorwa mu duce bigaragara ko dushobora kugerwaho n’ingaruka zikomeye z’ibiza harimo abatuye kuri hegitari 2,328 ku musozi wa Jali, kuri hegitari 1,350 ku wa Rebero n’abatuye ku zigera ku 1,655 kuri Mont Kigali.
Iryo barura ku batuye mu manegeka riri gukorwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’imiturire, riukazakorwa mu byiciro bibiri; icya mbere kizahera ku batuye i Jali, kuri Mont Kigali na Rebero harebwa abubatse badafite ibyangombwa, agaciro k’inzu n’ibibanza byabo n’ubufasha bakeneye guhabwa uko bungana.
Icyiciro cya kabiri kizakorwa harebwa ingano y’amafaranga bazahabwa muri rusange n’agace ko kubimuriramo no kubishyura, nyuma agace bimuwemo kazaterweho ishyamba.
Umujyi wa Kigali uheruka gutangaza ko imiryango ikennye n’ituye mu manegeka izatuzwa mu midugudu y’icyitegererezo ya Rusheshe na Masaka mu Karere ka Kicukiro, uwa Gikomero muri Gasabo na Mageragere muri Nyarugenge.
Umujyi wa Kigali ushobora kwemeza kubaha amafaranga y’ingurane cyangwa inzu nshya.
Ibarura ryakozwe mu 2015 ryagaragaje ko imiryango ikorera ubucuruzi mu Gatsata na Nyabugogo yahombejwe n’isuri akayabo ka miliyoni zirenga 500Frw.
Umujyi wa Kigali utuwe n’abaturage basaga miliyoni 1.2, abakeneye kubaka babarirwa ku 344,068 hagati y’umwaka wa 2012 na 2022, abarenga 60% babarwa mu binjiza amafaranga y’intica ntikize.



















TANGA IGITEKEREZO