00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyenganda bo mu Buhinde n’abikorera mu Rwanda baganiriye ku mikoranire

Yanditswe na

Tombola Felicie

Kuya 16 September 2014 saa 06:14
Yasuwe :

Ihuriro ry’abanyenganda bo mu Buhinde (Confederation of Indian Industry) bahuye n’abikorera bo mu nzego zitandukanye bo mu ihuriro ry’abikorera (PSF) mu Rwanda mu rwego rwo kugirana imikoranire myiza mu ishoramari n’iterambere.
Mu ruzinduko barimo mu Rwanda no muri Uganda , Itsinda ry’abashoramari 12 bo mu ihuriro ry’abanyenganda mu Buhinde barimo kugenda bahura n’abikorera bo mu nzego zitandukanye kugira ngo babagaragarize ibikorwa byabo ndetse nabo babe bakwemera gukorana nabo haba mu (…)

Ihuriro ry’abanyenganda bo mu Buhinde (Confederation of Indian Industry) bahuye n’abikorera bo mu nzego zitandukanye bo mu ihuriro ry’abikorera (PSF) mu Rwanda mu rwego rwo kugirana imikoranire myiza mu ishoramari n’iterambere.

Mu ruzinduko barimo mu Rwanda no muri Uganda , Itsinda ry’abashoramari 12 bo mu ihuriro ry’abanyenganda mu Buhinde barimo kugenda bahura n’abikorera bo mu nzego zitandukanye kugira ngo babagaragarize ibikorwa byabo ndetse nabo babe bakwemera gukorana nabo haba mu bufatanye cyangwa mu ishoramari.

Umuyobozi w’ihuriro ry’abikorera mu Rwanda, Gasamagera Benjamin, yatangaje ko amasezerano y’ubufatanye yamaze gusinywa mu minsi ishize bakaba barhurizwaga kugira ngo bamenyane bamwe babwire abandi ibyo bakora bityo no gufatanya bizakurikireho baziranye neza.

Gasmagera ati ” Ni ibintu byiza cyane kumenyana kuko bamwe ni abantu bakomeye kandi u Buhinde bwateye imbere cyane nko mu buvuzi, mu ikoranabuhanga n’ibindi. Twebwe twari turimo kubereka ko ibyo tuvuga bishyirwa mu bikorwa binyuze mu korohereza abashoramari ndetse bakizera n’umutekano w’ubuzima bwabo n’uwumutungo wabo.”

Munyura Kamere Pierre perezida w’ishyirahamwe ritunganya icyayi rikanacyohereza mu mahanga CEPAR (Coffee Exporters and Processors Association of Rwanda) yabwiye IGIHE ko ku bijyanye n’ibikoresho (machines) bo gutunganya icyayi bazungukira ku Bahinde bafite . Yongeyeho ko n’ishoramari ryabo baryizeye kuko byabazinduye bakaza gushaka aho gushora imari mu karere.

Urugaga rw’abikorera rugira uruhare mu korohereza abikorera bo mu Rwanda guhura n’abo mu bihugu byateye imbere bakabyigiraho bakagirana n’amasezerano y’ubufatanye.

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages