00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda barashaka kwigarurira isoko ry’ubworozi bw’ingurube muri Mozambique

Yanditswe na Evence Ngirabatware
Kuya 29 January 2024 saa 11:22
Yasuwe :

Abanyarwanda bakorera ubucuruzi muri Mozambique, bakoze urugendo shuri mu karere ka Gicumbi, hagamijwe kwiga ibijyanye n’iterambere ry’ubworozi bw’ingurube mu buryo bwa kijyambere.

Ni umushinga bafite wo kujya korora ingurube muri Mozambique dore ko inyama y’iryo tungo ikunzwe cyane muri icyo gihugu.

Bavuga ko muri Mozambique n’abasaga Miliyoni 35, inyama z’ingurube bakoresha zikaba zituruka muri Afurika y’Epfo.

Nyamwasa Alex utuye mu mujyi wa Maputo yagize ati “Dukorera mu gihugu gifite abaturage benshi kandi bafite ubushobozi, barya inyama z’ ingurube ku rwego rwo hejuru cyane.”

Yakomeje agira ati “ Muri Mozambique ingurube ziraribwa cyane […] twabonye uko bacuruza intanga z’ingurube, ni ibintu ubona ko byakwinjiza amafaranga cyane aho dukorera, igisigaye ni ugufatanya n’uyu mworozi natwe tugashora Imari muri ubu bworozi".

Manirarora Diogène na we ukorera ishoramari muri Mozambique mu bikorwa byo kubaka inzu, yashimangiye ko korora Kijyambere agiye kubyinjiramo, kuko aramutse abikoze aho baturiye yabonamo amafaranga.

Ati “Turateganya gukora ubu bworozi mu buryo bwagutse cyane, kuko bigaragara ko byatanga inyungu. Tuzashishikariza n’abandi kuza kuhasura. Twize uko bafata intanga zikagurishwa ukwazo, uko ingurube bazibyaza, uko zibana n’ibyana byazo, twahakuye byinshi, ariko natwe uyu mushinga tugomba kuwitabira”.

Shirimpumu Claude uhagarariye Aborozi b’ingurube mu Rwanda, akaba ariwe na we wari wabashishikarije gusura aho akorera ubworozi mu murenge wa Kageyo, yavuze ubworozi bw’ingurube ari ubworozi bwunguka cyane.

Ati" Mbere ubworozi bw’ ingurube bwakorwaga mu buryo bwa Gakondo abantu ntibabihe agaciro, ariko iyo woroye ubikunze ubonamo inyungu, hakenewe guhindura imyumvire y’ abantu.”

Ingurube zitanga icyororo cyane aho ubona hari izibwagura ibyana 15 kuzamura, izitanga inyama ku bwinshi, dore ko izo usanga zipima ibilo hagati ya 250 na 300 kuzamura, ariko bikaba byaguhira ari uko ubikoze kinyamwuga.

Shirimpumu Claude yerekana uko umushinga watangiye kwaguka
Abanyarwanda baba muri Mozambique wabonaga bafite amatsiko ku bworozi bw'ingurube buteye imbere
Ingurube ifite ubushobozi bwo konsa ibibwana 12 icyarimwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages