00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kayonza: ’Agakiriro’​ gafite agaciro ka miliyoni 912 Frw kagiye gufungurwa imiryango

Yanditswe na

Kayonga J.

Kuya 15 October 2015 saa 06:07
Yasuwe :

​Isoko ry’Agakinjiro cyangwa se Agakiriro rifite agaciro ka miliyoni 912 Frw rizatahwa mu kwezi kw’Ugushyingo uyu mwaka mu Karere ka Kayonza mu Ntara y’Iburasirazuba, nyuma y’isozwa ry’imirimo yo kuryubaka muri Mata uyu mwaka.

Abajijwe na TNT impamvu yateye akarere gutinda gutangiza kumugaragaro iryo soko, Meya wa Kayonza John Mugabo yavuze ko gutinda byatewe n’ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi mucye, ati "Umurongo uhageza amashanyarazi ufite faze [phase] imwe ku buryo utabasha kwifashishwa mu ikoreshwa ry’amamashini yose. Gusa twasoje ibiganiro twagiranaga na REG mu rwego rwo kugirango tuhageze faze eshatu [three phase]", yagaragaje ko tariki 15 iyo mirimo izaba yarasojwe.

​Meya Mugabo yatangaje kandi ko imirimo yo kugirango bageze umurongo wa faze eshatu z’amashanyarazi bizasozwa bitwaye miliyoni 38 Frw, ndetse ashimangira ko aya mafaranga akarere kayafite mu isanduku yako ku buryo iyi mirimo isozwa vuba.​

Iri soko biteganyijwe ko rizaha imirimo abagera ku 3500 biganjemo urubyiruko.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages