00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kuwait yahaye u Rwanda miliyari 11 zo kubaka umuhanda Nyagatare-Rukomo

Yanditswe na

Rabbi Malo Umucunguzi

Kuya 17 December 2015 saa 07:00
Yasuwe :

Guverinoma y’u Rwanda n’Ikigega cya Kuwait gishinzwe Iterambere ry’Ubukungu bw’Abarabu (Kuwaiti Fund for Arab Economic Development, KFAED) bashyize umukono ku masezerano y’inguzanyo y’igihe kirekire ya miliyoni 15 z’amadolari, asaga miliyari 11 y’amafaranga y’u Rwanda,yo kubaka umuhanda wa Nyagatare-Rukomo, mu Ntara y’Iburasirazuba, witezweho koroshya urujya n’uruza rw’abantu n’ibicuruzwa.

Minisitiri w’imari n’igenamigambi, Ambasaderi Gatete Claver yavuze ko uwo muhanda wa kaburimbo w’ibilometero 73 uzaba urimo ibice bibiri, buri cyerekezo gifite igice cyacyo.

Yagize agira ati “Kuva uwo muhanda uhuza u Rwanda na Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uzafasha abahinzi kugera ku masoko, utange imirimo kandi woroshye n’ubucuruzi mu Karere.”

Ibinyamakuru binyuranye bivuga uwo mushinga witezweho uruhare mu kugabanya ubukene bijyanye n’icyerekezo 2020 na gahunda y’imbaturabukungu ya kabiri, ari igice kimwe muri gahunda nini yo kubaka ibikometero 124.8 by’umuhanda uhuza Base-Nyagatare, uzatwara miliyoni 88.5 z’amadolari ya Amerika.

Hesham Ali-Waqayan, Umuyobozi mukuru wungirije wa KFAED, yavuze ko iyo nkunga ari ingenzi mu gushyira mu bikorwa intego zigamije iterambere rirambye (SDGs) zita cyane ku bikorwa remezo.

Yagize ati “U Rwanda ni igihugu kidakora ku nyanja kandi gikeneye imihanda kugira ngo gihure n’ibindi bihugu bihana imbibe.”

Umubano hagati y’u Rwanda na Kuwait watangiye mu myaka 40 ishize, aho KFAED ifasha u Rwanda cyane mu bijyanye n’ibikorwa remezo, uburezi n’iterambere ry’ubuzima.

Amb.Claver Gatete (iburyo) na Hesham Al-Waqayan, bashyira umukono ku masezerano

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages