Aya mafaranga azakoreshwa mu kubaka umuhanda Nyagatare- Rukomo, ukazateza imbere ubucuruzi n’ibikorwa by’ubuhinzi binyuze mu gufasha abaturage kugeza umusaruro wabo ku masoko anyuranye.
Uhagarariye inyungu z’u Rwanda muri Sudani, Bwana Ismail Kajugiro Shyaka aganira na The New Times, yagize ati “Ku bwa Leta y’u Rwanda n’abanyarwanda, nshimiye BADEA ku bufatanye igirana n’igihugu cyacu.Uyu muhanda niwuzura, uzagaragaza impinduka zikomeye mu bukungu, kuko uzahuza uburasirazuba n’amajyaruguru, hatezwa imbere ubucuruzi no korohereza abahinzi kugeza umusaruro wabo ku masoko.”
Kajugiro yakomeje agira ati ”Uyu muhanda uzatuma habaho igabanuka ry’ibiciro by’ingendo, utange akazi kandi uzamure imibereho y’abahatuye.”
Umuyobozi wa BADEA, Dr Sidi Ould Tah, na we avuga ko aya mafaranga azagira uruhare mu kuzamura umutekano wo mu muhanda, no guteza imbere ibikorwa by’ubwikorezi mu Rwanda.
Yagize ati” umushinga wose uzibanda ku nzego z’abikorera no gutera inkunga ibikorwa biri mu cyerekezo 2020 u Rwanda rwihaye. Umushinga w’umuhanda uzahuza akarere ko hagati n’utundi duce, kandi uzagabanya ibiciro by’ubwikorezi”.
Ubusanzwe umuhanda w’igitaka wa Nyagatare-Rukomo, ufite ibirometero 73.3 by’uburebure, hakazakorwa ibirometero 124.8, ku muhanda Nyagatare- Rukomo-Byumba-Base.



















TANGA IGITEKEREZO